Inama 10 ku isuku y’ibiribwa, kubizigama no kugenzura ubuziranenge bwabyo
Tariki 07 Kamena buri mwaka Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubuziranenge bw’ibyo kurya, hagamijwe gufasha ibihugu bitandukanye gufatanya kuzirikana ingamba z’umutekano w’ibiribwa no kugabanya uburwayi bukomoka ku biryo byanduye. Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi(WFP) yo mu mwaka wa 2019,ivuga ko nibura abageze kuri miliyoni 600 ku isi buri mwaka bahura n’uburwayi buturuka […]
Rusizi yabonetsemo abandi bantu 8 banduye Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 7 Kamena 2020 yatangaje mu Karere ka Rusizi hagaragaye abantu 8 banduye icyorezo cya Covi-19 mu bipimo 1318 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 290 barimo 7 b’uyu munsi. Abarwayi banduye bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni […]
Imbaraga z’Imana zakuyeho Corona-Perezida Magufuli

Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli mu isengesho yakoreye kuri paruwasi ya Kiliziya Gatulika yitiriwe Mutagatifu Mariya Immaculata kuri uyu wa 7 Kamena 2020 mu murwa mukuru, Dodoma yavuze ko imbaraga z’Imana zakuyeho icyorezo cya Covid-19 kuko bayisenze. Uyu Mukuru w’Igihugu yagarutse ku mbaraga z’Imana idashobora guhangarwa n’ibirimo iki cyorezo nk’uko yabivuze ati: “Ndashimira […]
Young Africans ya Haruna Niyonzima na Papy yasuzuguwe na KMC
Ikipe ya Young Africans ikinamo Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick Papy bombi bakinira ikipe y’igihugu Amavubi, yanyagiwe na KMC ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wahuje amakipe yombi. Ni umukino amakipe yombi yari yahuriyemo yitegura shampiyona ya Tanzania izasubukurwa mu cyumweru gitaha, nyuma y’amezi arenga abiri yarahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19. Ibitego bibiri byo mu […]
MINALOC yanyomoje amakuru avuga ko igihugu kigiye gusigarana uturere 10
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu kuri iki Cyumweru yanyomoje amakuru y’ibihuha yiriwe akwirakwira avuga ko mu Rwanda uturere tugiye kugabanywa tukava kuri 30 hagasigara 10. Amakuru bitari byamenywa neza aho yaturutse yavugaga ko hari uturere mu ntara zitandukanye tugiye guhuzwa mu minsi ya vuba tukajya tuba akarere kamwe. Amakuru avuga ko uturere twa Bugesera, Ngoma na Kirehe […]
Burundi: Inama y’Abepiskopi ntiyishimiye abayifata nk’ishyaka rya politiki
Nyuma y’imyitwarire Abepisikopi bagaragaje mu matora aheruka kuba mu gihugu cy’u Burundi byatumye abantu babona ko bisa nk’aho bitwaye nk’ishyaka rya politiki gusa bo batangaza ko batabyishimiye na gato. Akababaro aba bepisikopi batewe n’ababafata nk’ishyaka kagaragara mu itangazo umukuru w’inama yabo, Joachim Ntahondereye aherutse gusohora avuga uruhare rwabo mu matora. Urukiko rushinzwe kubahiriza itegekonshinga mu […]
Jacob Zuma wayoboye Afurika y’Epfo yatandukanye n’inkumi y’imyaka 25 bakundanaga
Ibitangazamakuru byo mu majyepfo y’Afurika, byatangaje ko Jacob Zuma wabaye Perezida w’Afurika y’Epfo yatandukanye na Nonkanyiso Conco, umukunzi we w’imyaka 25 bari bamaze igihe mu munyenga w’urukundo. Sunday Sun yadukanye iyi nkuru yatangaje ko Zuma w’imyaka 78 y’amavuko n’umukunzi we batandukanye mu mpera z’umwaka ushize, n’ubwo ayo makuru yagiye ahagaragara kuri iki cyumweru. Ni amakuru […]
Gambia irasaba iperereza ryimbitse ku rupfu rw’umuhungu w’Umudipolomate wayo warasiwe muri USA
Leta ya Gambia irasaba iperereza ryimbitse ku rupfu rw’umuhungu w’umudipolomate wa Gambia,yarasiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Polisi ya Georgia mu gitondo cyo kuwa 29 Gicurasi 2020, ashinjwa gusagararira inzego z’umutekano. Polisi yo mu mujyi wa Senville ivuga ko Momodou Lamin Sisay w’imyaka 39 y’amavuko yazamuye imbunda ye akarasa ku ba polisi na […]
Urutonde rw’abanyepolitiki 10 b’abagome babayeho mu mateka y’Isi

Kuva Isi yabaho mu mateka yayo yagiye ihura n’ibyago bitandukanye byagiye bihitana imbaga y’abantu benshi bimwe muri byo nk’inzara, ibyorezo n’ibindi bikaba byari ibiza rusange ku buryo nta muntu ku giti cye wari gushinjwa kubiteza cyangwa kubigiramo uruhare, gusa ku rundi ruhande hari amazina y’abantu adashobora kuzibagirana mu mateka y’Isi bitewe n’ibikorwa by’ubugome bagiye bakora, […]
Rusizi: SACCO ya Nkamira bahangayikishijwe n’imikorere ya gakondo ishobora kubakururira icyorezo cya COVID-19

Abanyamuryango n’abakozi ba SACCO ya Nkamira mu mujyi wa Kamembe baravuga ko kuba badakoresha ikoranabuhanga, bakiri mu mikorere ya gakondo kandi umujyi wa Rusizi bakoreramo wugarijwe n’icyorezo cya COVID-19 bishobora gutuma banduzanya iki cyorezo mu gihe hakwakirwa uwacyanduye. Baganira na Bwiza.com, bamwe mu banyamuryango bagaragaje izi mpungenge, aho bamwe banavuze ko mu gutinya kuba bakwandura […]
Ingabo za Libya zisubije umujyi wa Bani Walid nta kurasana kubayeho
Ingabo za guverinoma yemewe ya Libya, GNA (Government of National Accord) kuri uyu wa 6 Kamena 2020 zigaruriye umujyi wa Bani Walid uherereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu warusanzwemo ibirindiro by’indwanyi Gen. Khalifa Haftar utavuga rumwe na Leta ya Libya nta mirwano ihabaye. Uyu ni undi mujyi nyuma ya Tarhuna, ingabo za GNA zikuye mu […]
Rwanda-Burundi: Icyitezwe ku mubano w’ibihugu byombi ku butegetsi bushya bwa Gen. Maj. Ndayishimiye

U Rwanda ni igihugu kimaze gutera intambwe ishimishije muri politiki y’ububanyi n’amahanga kuva rwabohorwa mu 1994. Ubu iki gihugu ni inshuti y’amahanga menshi, aho Umunyarwanda adashobora kugera yikandagira. Gusa ntabwo byeze ngo de! Mu Karere k’Ibiyaga Bigari ndetse n’Ak’Afurika y’Iburasirazuba hagiye hagaragara utwuho duto duto ariko nyuma hari utwagiye dusibangana ubwo ibihugu bimwe na bimwe […]
Sunrise yasinyishije myugariro w’ikipe y’igihugu, Amavubi
Ikipe ya Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare, yamaze gusinyisha myugariro Ndayishimiye Celestin wakinaga inyuma ku ruhande rw’ibumoso mu kipe ya Police FC ndetse no mu kipe y’igihugu, Amavubi. Uyu musore wananyuze mu kipe ya Mukura VS yasinye imyaka ibiri yo gukinira Sunrise. Iyi kipe y’i Nyagatare ibinyujije kuri Twitter yayo yagize iti”Icyumweru cyiza! […]
Ibintu 5 bitangaje ku ndabo za “roses” zifatwa nk’ikirango cy’urukundo
Ubusanzwe indabo za “roses” zizwi nk’ikirango cy’urukundo nyamara zifite akandi kamaro karenze kuba impano watanga ku munsi w’abakundana cyangwa igihe wizihiza isabukuru y’amavuko n’umukunzi wawe. Ku Isi hari ubwoko bwa “roses” burenga 150 harimo ubukura burandaranda, ubujya hejuru ndetse n’ubutwikira ubutaka. Ubu bwoko bwose burangwa n’ibara ryiza, impumuro itangaje gusa hari n’ibindi izi ndabo zihariye […]
Afurika mu 1893: Mahatma Gandhi yatangije ibikorwa byo kurwanya ivanguramoko
Mu gihe uyu munsi muri Amerika bari kwamagana ihohoterwa rikorerwa abirabura, ku munsi nk’uyu mu 1893 umuhinde Mahatma Ghandhi yatangiye kurwanya ivangura ry’amoko muri Afurika y’Epfo. Mahatma Ghandi yavukiye mu Buhinde yiga mu Bwongereza, maze mu mwaka wa 1893 yoherezwa muri Afurika y’Epfo ku mpamvu z’akazi ka Politike aho yari afite manda yo kuhamara umwaka […]
Nyanza: Abakozi 30 b’uruganda rw’amata rwa ‘Haji’ barimo na nyirarwo bashyizwe mu kato

Abakozi 30 bakorera uruganda rutunganya amata rwo kwa ‘Haji’ ruherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ku muhanda wa Kigali-Huye-Kamembe kuri uyu wa 5 Kamena 2020 bashyizwe mu kato ka Covid-19 kimwe na nyirarwo, Havugimana Saidi uzwi ku izina rya ‘Haji’. Amakuru avuga ko ababishinzwe bafashe aba bakozi 30 barabapima, hashize akanya bategeka […]