Abakozi 30 bakorera uruganda rutunganya amata rwo kwa ‘Haji’ ruherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ku muhanda wa Kigali-Huye-Kamembe kuri uyu wa 5 Kamena 2020 bashyizwe mu kato ka Covid-19 kimwe na nyirarwo, Havugimana Saidi uzwi ku izina rya ‘Haji’.
Amakuru avuga ko ababishinzwe bafashe aba bakozi 30 barabapima, hashize akanya bategeka ko uru ruganda n’aho rucururiza hafungwa, nabo bahita bajyanwa kuri site yagenewe abajya mu kato mu ishuri ry’Ubumenyi rya Nyanza (Ecôle de Sciences de Nyanza).
Nyir’uruganda, Havugimana Saidi ku murongo wa telefone yavuganye na bwiza.com ayihamiriza ko koko ari mu kato hamwe n’aba bakozi bose. Ati: “Ni ko byagenze.”
Impamvu bashyizwe mu kato, Havugimana (Haji) yagize ati: “[Impamvu] yaba ari uko twakoranye cyane n’Abanyarusizi mbere y’uko batahuweho abarwaye Covid-19.”

Uruganda rwa ‘Haji’ ruzwi cyane n’abagenda umuhanda wa Kigali-Huye-Kamembe kuko imodoka nyinshi zihahagarara kugira ngo abagenzi babyifuza bagure amata yo kunywa cyangwa se ayo gutwara iwabo mu ngo. Mu bihe bisanzwe, rugira abakiriya biganjemo Abanyarwanda, Abarundi ndetse n’Abakongomani.
Ubwandu bwa Covid-19 bushobora kuba bwabaye impamvu y’ifungwa ryo kwa ‘Haji’ no gushyirwa mu kato kw’abakozi baho, bwatangiye kugaragara muri Rusizi tariki ya 31 Gicurasi 2020 ubwo Minisitiri w’Intebe yahagarikaga isubukurwa ry’ingendo rusange mu mijyi itandukanye ndetse na Kigali, moto nazo zibuzwa gutwara abagenzi.
Mu gitondo cya tariki ya 1 Kamena 2020, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije yatangaje ko Akarere ka Rusizi karaye kabonetsemo abarwayi 5 ba Covid-19, bikekwa ko abayigejejeyo baturutse mu mijyi nka Bukavu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Tariki ya 4 Kamena, Rusizi yari imaze kubonekamo abarwayi 36 b’iki cyorezo nyuma y’iminsi ibiri (tariki ya 3 n’iya 4) yagaragayemo abarwayi 26. Rusizi yakomeje kubonekamo abarwayi ba Covid-19 kuri uyu wa 5 n’uwa 6 Kamena ariko ntabwo umubare wamenyekanye kuko 21 hagaragaye ibahuriyeho na Rusumo mu Karere ka Kirehe.


