Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli mu isengesho yakoreye kuri paruwasi ya Kiliziya Gatulika yitiriwe Mutagatifu Mariya Immaculata kuri uyu wa 7 Kamena 2020 mu murwa mukuru, Dodoma yavuze ko imbaraga z’Imana zakuyeho icyorezo cya Covid-19 kuko bayisenze.
Uyu Mukuru w’Igihugu yagarutse ku mbaraga z’Imana idashobora guhangarwa n’ibirimo iki cyorezo nk’uko yabivuze ati: “Ndashimira cyane Imana yacu, turashimira cyane Imana yacu. Ndahamya ko aho tuzajya hose twisunze Imana yacu, tuzahirwa. Ntabwo Kristo afatwa na Corona.”

Ubwo iki cyorezo cyadukaga, Perezida Magufuli yatangaje ko nta ngamba ashyiraho zo kugikumira, ahubwo asaba abanyamasenyesho, abayobozi b’amatorero n’amadini gusenga Imana ikuraho iki cyorezo. Icyo gihe yavuze ko adashobora gufunga insengero nk’uko mu bindi bihugu babigenje, ngo “Kuko ari ho Imana ibarizwa.”
Tariki ya 16 Mata 2020, Dr. Magufuli yasabye Abanya-Tanzania gufata iminsi itatu (kuva tariki ya 17 kugeza ku ya 19 Mata 2020) yo gusenge kugira Imana ibafashe gutsinda iki cyorezo. Yagize ati: “Dusabe Imana ishoboye byose idukize iki cyorezo. Buri wese mu kwizera kwe, izatwumva.”
Ubwo Imana yasubije amasengesho y’Abanya-Tanzania basenze, bakaniyiriza, ubu ubwandu muri iki gihugu bukaba bwaragabanyutse mu buryo bugaragara, abaturage bakaba barakomeje ibikorwa byabo.
Dr. John Pombe Magufuli atanze ubu butumwa nyuma yo kumvikana asaba abaturage kwita ku masambu yabo, mu gihe bazaba basaruye bakagurisha amahanga ku giciro gihanitse, kuko yo yafunze ibikorwa bitandukanye akumira Covid-19, bikayaviramo kubura ibiribwa.


