905fba60-5a58-11f0-aef2-232164d696da

Museveni yemeje ko abanya-Kenya 2 bamaze iminsi muri firigo zo muri Uganda

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yemeje ko inzego z’umutekano z’igihugu cye zataye muri yombi Abanya-Kenya babiri b’impirimbanyi, nyuma y’ibyumweru bitanu baraburiwe irengero.

Mu kwezi gushize ni bwo Bob Njagi na Nicholas Oyoo batawe muri yombi, nyuma yo kugaragara mu bikorwa byo kwamamaza, aho bagaragaye bashyigikiye umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine.

Amakuru y’ifungurwa ryabo yamenyekanye ku wa gatandatu w’icyuweru gishize, gusa kuva icyo gihe inzego z’ubutegetsi muri Uganda zakomeje guhakana amakuru y’ifungwa ryabo.

Mu kiganiro cyabaye imbonankubone ku mugoroba wo ku wa gatandatu, Museveni yise abo bagabo bombi “inzobere mu myigaragambyo”, avuga ko bari “bamaze iminsi barashyizwe muri firigo”.

Perezida Museveni wakomozaga ku myigaragambyo iherutse kubera mu gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania, yashinje amatsinda y’abanyamahanga guteza akavuyo, ndetse atanga umuburo w’uko “abarimo gukora uwo mukino hano muri Uganda bazagira iherezo ribi.”

Atavuze amazina yabo, Museveni yongeyeho ko abo bagabo babiri b’Abanya-Kenya barekuwe nyuma y’uko yahamagawe na bamwe mu bategetsi bo muri Kenya bamusaba ko boherezwa muri Kenya.

Njagi na Oyoo bakiriwe n’ababashyigikiye ku kibuga cy’indege kinini mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, ku wa gatandatu w’icyumweru gishize.

Njagi yagize ati: “Iminsi mirongo itatu n’umunani tumaze twarashimuswe, ntabwo byari byoroshye. Ntitwibwiraga ko tuzavamo turi bazima kuko twari twarashimuswe n’igisirikare.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yavuze ko irekurwa ryabo ryakurikiye “ubufatanye burambye hagati ya Kenya na Uganda”.

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu witwa Vocal Africa, wari umaze igihe usaba ko aba bagabo bombi barekurwa, wagize uti: “Iki ni igihe cyiza cyo kugaragaza impinduka zikomeye mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu ku batuye Afurika y’iburasirazuba aho ari ho hose mu bagize uwo muryango.”

Mu itangazo rihuriweho n’uyu muryango wa Vocal Africa, ishyirahamwe ry’abanyamategeko muri Kenya ndetse na Amnesty International, bashimiye leta ya Kenya na Uganda, ndetse n’abaturage bose bakoze ubukangurambaga mu irekurwa ry’aba bagabo.

Uwahoze ari icyamamare mu muziki mu njjyana ya pop, Bobi Wine, amazina ye nyakuri ni Robert Kyagulanyi, ahanganye na Museveni ku mwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.

Bobi Wine yashinje leta ya Uganda kwibasira abo Banya-Kenya babiri kubera ko bamushyigikiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *