Imyigaragambyo yashyize Tanzania mu kibazo gikomeye cya politiki itabayemo mu myaka mirongo ishize. Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA na bamwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko abantu barenga 1.000 bishwe n’inzego z’umutekano muri iyo myigaragambyo.
Guverinoma ya Perezida Samia Suluhu Hassan, watangajwe ko yatsinze amatora n’amajwi agera kuri 98%, yavuze ko iyo mibare ari ugukabya ariko ko ntiyatanze umubare w’abantu yemera bapfuye.
Mu barekuwe by’agateganyo harimo Visi Perezida wa CHADEMA, John Heche (uri ku ifoto), watawe muri yombi ku itariki ya 22 Ukwakira ahatwa ibibazo akekwaho iterabwoba nk’uko umwunganizi we abitangaza, ndetse na Amani Golugwa, umunyamabanga mukuru wungirije w’iryo shyaka watawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, nk’uko byatangajwe n’ishyaka kuri X ku wa Mbere.
Umuyobozi mukuru wa CHADEMA, Tundu Lissu, yashinjwe ibyaha by’ubuhemu muri Mata. Kuba yarabujijwe kwitabira amatora ya perezida aheruka ni imwe mu mpamvu zateje imyigaragambyo.
Ku wa Gatanu, abashinjacyaha bashinje byibuze abandi bantu 145 icyaha cy’ubuhemu kubera uruhare bagize mu myigaragambyo. Abandi barenga 170 bakurikiranyweho ibindi byaha bifitanye isano n’imyigaragambyo.


