Imirwano yatangiye kare mu gitondo kugeza ubwo Radio Okapi yandikaga aya makuru ku mugoroba wo kuwa Kabiri, bituma abaturage b’abasivili, bakunze kwisanga hagati y’abarwana, bahungabana.
Urusaku rw’amasasu rwumvikanye kuva mu museke nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza. Muri Ndete humvikanaga urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje guhera mu gitondo cya kare.
Aya makuru avuga ko igitero cyagabwe na AFC / M23 kigamije kwigarurira byimazeyo agace ka Nyamaboko, aho imidugudu myinshi ikomeje kugenzurwa n’imitwe yitwaje intwaro ifatanije na FARDC (Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo).
Mbere yaho, AFC / M23 yari yashinje Ingabo za Congo n’abo bafatanyije, gutera ibirindiro byayo i Luki mu ijoro zikoresheje drones za gisirikare, ndetse imwe muri izo drones yarashwe na AFC/M23.


