Kuri uyu wa Kane ushize, inkongi y’umuriro yatumye abateguye inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Mihindagurikire y’ikirere, COP30, ibera i Belem mu majyaruguru ya Brazil bahungishwa bava ahaberaga ibiganiro.

Abanyamakuru n’abandi bitabiriye inama bohererejwe inyandiko izenguruka ivuga ko muri Zone B, ahamurikirwa ibikorwa, habaye “inkongi y’umuriro,” maze basabwa “guhita bahava.”
Inzogera yumvikanye ndetse itanga ibimenyetso isaba abari aho kwerekeza aho basohokera.

Minisitiri w’ubukerarugendo, Celso Sabino, kuri Televiziyo ya Brazil nyuma gato yatangaje ko “inkongi yahagaritswe.”
Itangazo ry’abateguye COP30 bo muri Brazil ryavuze ko abashinzwe kuzimya umuriro n’abashinzwe umutekano batabaye bidatinze kandi bakomeje kugenzura aho hantu.




