6VGYKTHLFBOONF6XZ24OTQJIZI

Brazil: Inkongi y’umuriro yatumye abari mu nama ya COP30 bahungishwa

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane ushize, inkongi y’umuriro yatumye abateguye inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Mihindagurikire y’ikirere, COP30, ibera i Belem mu majyaruguru ya Brazil bahungishwa bava ahaberaga ibiganiro.

UZ66BUBSQZMZFOK76VXRM3TB7U scaled

Abanyamakuru n’abandi bitabiriye inama bohererejwe inyandiko izenguruka ivuga ko muri Zone B, ahamurikirwa ibikorwa, habaye “inkongi y’umuriro,” maze basabwa “guhita bahava.”

Inzogera yumvikanye ndetse itanga ibimenyetso isaba abari aho kwerekeza aho basohokera.

6VGYKTHLFBOONF6XZ24OTQJIZI

Minisitiri w’ubukerarugendo, Celso Sabino, kuri Televiziyo ya Brazil nyuma gato yatangaje ko “inkongi yahagaritswe.”

Itangazo ry’abateguye COP30 bo muri Brazil ryavuze ko abashinzwe kuzimya umuriro n’abashinzwe umutekano batabaye bidatinze kandi bakomeje kugenzura aho hantu.

IJ2ZRXQX5JJARHU4RFC3U47A4Q

Abateguye inama bavuga ko abantu 13 bavuwe guhumeka umwotsi aho hantu.  Serivisi zishinzwe kuzimya umuriro zavuze ko bishoboka ko iyi nkongi, yatewe n’ibikoresho by’amashanyarazi, nka microwave, kandi yahagaritswe mu minota itandatu.
1x 1 1
Intumwa zigera mu bihumbi zitabiriye inama zimuwe mu gihe abashinzwe umutekano bahise bahagera byihuse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *