Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo 2025, Ingabo z’Uburusiya zafashe Umujyi wa Kupyansk uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo, Valery Gerasimov, ubwo yabonanaga na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku cyicaro cy’ingabo.
Gerasimov yavuze ko ubu umujyi ugenzurwa byuzuye n’Ingabo z’u Burusiya, mu gihe Putin we yasuzumye uko urugamba rwifashe muri rusange kandi ashima imikorere y’Ingabo z’u Burusiya.
Kupyansk ni ihuriro rikuru ry’ibikoresho hafi y’uruzi rwa Oskol. Ifatwa ryayo riraha umutekano u Burusiya muri kariya karere kandi birafasha gutera imbere bwerekeza iburengerazuba.
Muri iyo nama, Gerasimov yagize ati: “Imitwe y’itsinda ry’iburengerazuba ryabohoye umujyi wa Kupyansk.” Yavuze ko Ingabo za Ukraine zarimbuwe ku nkombe y’ibumoso y’umugezi kandi ko ibikenewe byose byari byateguwe kugira ngo ziyamanike.
Putin yashimye imikorere y’ingabo z’u Burusiya, avuga ko batayo zigera kuri 15 z’ingabo z’igihugu cya Ukraine zigoswe muri Kupyansk no mu nkengero zayo.
Gerasimov yavuze ko Ingabo z’u Burusiya ziri gutera imbere ku mpande nyinshi. Itsinda ry’iburasirazuba ryigaruriye imidugudu 13 na kilometero kare zirenga 230 mu karere ka Dnepropetrovsk na Zaporozhye. Itsinda ry’amajyaruguru riragenzura igice kinini cya Volchansk mu karere ka Kharkov. Muri Repubulika ya Rubanda ya Donetsk, itsinda ry’amajyepfo rifite ibice bya Konstantinovka kandi ririmo gusukura mu mujyi rwagati.
Gerasimov yavuze kandi ko abasirikari benshi ba Ukraine biteguye kwitanga ariko ko baterwa ubwoba n’ubuyobozi bwabo. Ati: “Abenshi muri bo, batewe ubwoba bwo kuraswa cyangwa kurimburwa na drones, ntibashobora kurangiza iki gikorwa bonyine”, yongeraho ko Kiev nta tegeko yatanze ku byerekeye kwitanga.


