MixCollage-20-Nov-2025-10-39-AM-2055

USA: Umucamanza yateye utwatsi imanza z’uwahoze ayobora FBI n’umushinjacyaha

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ugushyingo, Umucamanza wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yateye utwatsi ibirego bishinjwa James Comey wahoze ari umuyobozi wa FBI hamwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa New York, Letitia James, yemeza ko umushinjacyaha ukurikirana ibirego yashyizweho mu buryo butemewe n’amategeko.

Umucamanza Cameron McGowan Currie yanditse mu cyemezo cye ko ishyirwaho ry’uwahoze ari umunyamategeko wa Perezida Donald Trump, Lindsey Halligan, nk’umushinjacyaha w’agateganyo mu karere k’iburasirazuba bwa Virginia ritemewe.

Yanditse ati: “Ibikorwa byose bituruka ku ishyirwaho ridasanzwe rya Madamu Halligan, harimo kubona no gushyira umukono ku nyandiko y’ibirego biregwa Bwana Comey, ni ugukoresha nabi ububasha kandi bigomba kuvaho”.

Mu itangazo rye, Comey yagize ati: “Nishimiye ko urukiko rwarangije urubanza rwanjye, rwari ubushinjacyaha bushingiye ku bugizi bwa nabi n’ubushobozi buke.” Letitia James na we yavuze ko “yanejejwe n’intsinzi y’uyu munsi kandi ashimira amasengesho n’inkunga.”

Trump amaze igihe kinini ashinja Comey na James kugira uruhare mu byo yavuze ko ari “uguhiga abarozi.” Yavuze ko Comey yamushinje gukorana n’u Burusiya amubeshyera, mu gihe James yamushinje uburiganya amurenganya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *