GridArt_20251129_15202027

Gen. David Sejusa yashimye Perezida Kagame 

Sangiza iyi nkuru

Gen. (Rtd) David Sejusa wahoze mu ngabo za Uganda, yashimye Perezida Paul Kagame wagize ubutwari bwo kwerura akanenga uko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe witwara iyo kuri uyu mugabane habaye ihirikwa ry’ubutegetsi.

Ni nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa Kane w’iki cyumweru, yagaragaje ko hari za Coup d’état ziba nziza ndetse n’iziba mbi.

Ati: “Hari ihirikwa ry’ubutegetsi ryiza hari n’iribi. Hashobora kuba coup d’etat y’umuntu wiremereza, akumva ko kubera ko afite imbunda ashobora guhirika ubutegetsi. Iyo ni mbi. Ariko niba umuntu cyangwa itsinda ry’abantu rivuze ngo birahagije, uyu muntu yaratubeshye ari gukora ibi mu kwigizwaho imitungo, ari kutwiba ntabwo yakomeza kubibona, ni ukutunyunyuza, inzira iyo ari yo yose babikoramo ntekereza ko nta kibazo nabigiraho.”

Perezida Kagame yavuze ko ariko bikwiye kujyana n’uko uwahiritse ubutegetsi akwiye gukora ibishoboka byose agakora ibitandukanye n’ibyo abo yahiritse ku butegetsi bakoraga, mu rwego rwo kugaragaza impinduka bityo ari ryo hirikwa ry’ubutegetsi ryiza.

Gen. David Sejusa agendeye kuri aya magambo yagize ati: “Nishimiye ko hari Perezida ugira ubutwari bwo kunenga aho AU ihagarara hadasobanutse ku bijyanye n’ihirika ry’ubutegetsi muri Afurika.Urakoze Perezida Kagame!”

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo muri Guinée-Bissau habaye ihirikwa ry’ubutegetsi ryasize uwari Perezida w’iki gihugu, Umaro Sissoco Embalò ahiritswe n’abasirikare.

Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu itangazo yasohoye ku wa Kane yamaganye iriya coup d’état, ishimangira ko uyu muryango utazihanganira ihindura ry’ubutegetsi iryo ari ryo ryose ridakurikije itegekonshinga ku mugabane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *