images (2)

AFC/M23 yemeje ko yabohoye Uvira bidasubirwaho

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza, wemeje ko wamaze kubohora Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

AFC/M23 yemeje ko yamaze kubohora uyu mujyi biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka.

Uyu muvugizi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yahuje ifatwa rya Uvira n’icengezamatwara ry’imvugo z’urwango, ibitero byibasira bamwe mu banye-Congo kubera uko basa ndetse n’ubwicanyi bwari bumaze igihe bukorwa n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC zirimo iz’u Burundi.

Yakomeje agira ati: “Uyu munsi ikibi cyakuweho, bityo turemeza ko Umujyi wa Uvira wabohowe. Turasaba abaturage bacu gusubukura ibikorwa byabo mu mahoro asesuye: AFC/M23 ihari ku bwo kubarinda.”

Uyu mutwe kandi wasabye abaturage bahunze gutahuka bagasubira mu ngo zabo.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 8 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yageze mu mujyi wa Uvira, mbere y’uko ingabo zayo zinjira ku mugaragaro muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatatu.

Uvira yafashwe nyuma y’icyumweru kirenga uduce tuyikikije tuberamo imirwano ikomeye.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Sendagara Sebarundi yihaye ibyo gufunga imipaka n’u Rwanda. None M23 imufatanye na UVIRA. Bivuzen go imipaka yamuhuzaga na RDC nayo irafunzwe kuko abarundi ntibayikoresha kandi irinzwe na M23 yatsinzwe abashingantahe badafite icyo barwanira. Ese aho SEBARUNDI SENDAGARA indagara ze arazigenza ate? Zonyine zirabeshaho abashingantahe? Ko yakabaye yarabibonye kare akiyunga ku ruhande rurwana rufite intego yo gutsinda no gutsinsura ikibi.

    M23 songa mbele, kandi courage kabisa tubari inyuma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *