Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Kizza Besigye na mugenzi we bareganwa, umunyapolitiki Obed (Obeid) Lutale, biteganijwe ko bongera kwitaba urukiko.
Ni ku nshuro ya kane baba bitaba urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ibyongera impaka zerekeye ifungwa ry’igihe kirekire n’uburenganzira bw’abafunzwe bageze mu zabukuru muri gahunda y’ubutabera mpanabyaha ya Uganda.
Aba bombi bamaze umwaka umwe bafunzwe.
Bagerageje gusaba gufungurwa by’agateganyo inshuro nyinshi ariko kugeza ubu biracyananiranye, mu gihe mu iburanisha ryabanje ubushinjacyaha bwagiye butanga impamvu zituma batarekurwa by’agateganyo.
Abanyamategeko babo bavuga ko abo bagabo bombi bujuje ibyangombwa bisabwa kugira ngo barekurwe by’agateganyo mu gihe hagitegerejwe kuburanishwa, batanga impamvu z’imyaka yabo n’igihe bamaze bafunzwe.
Mbere y’iburanisha, umugore wa Besigye, Winnie Byanyima, yasohoye itangazo rikomeye risaba leta kureka kwitambika ifungurwa ry’agateganyo, kandi asaba ko inzira z’ubutabera zubahirizwa nk’uko biteganywa.
Ati: “Ejo, Kizza Besigye na Obed Lutale barasubira mu rukiko, ku nshuro ya 4, basaba kurekurwa by’agateganyo. Ni abasaza bamaze umwaka muri gereza, batandukanyijwe n’umuryango, kwitabwaho n’icyubahiro. Amategeko yemera gufungurwa by’agateganyo. Ubutabera burabisaba”.
Yabajije niba Leta izongera kurwanya irekurwa ryabo, yongeraho ko iki kibazo kirimo gukurura amaso y’amahanga yose.
Byanyima yanditse ati: “Leta na Perezida Kaguta Museveni bazongera kubyanga? Isi irareba. Ukuri kuzatsinda.”
Besigye, umaze igihe kinini ahanganye na Perezida Museveni, yagiye atabwa muri yombi bya hato na hato ashinjwa ubugamanyi mu myaka irenga 20 ishize y’ihangana muri politiki. Lutale, inshuti magara akaba n’umukangurambaga, yafatanwe na we.


