Leta ya Ghana yatangaje ko yirukanye ku butaka bwayo Abanya-Nigeria 42 nyuma y’ibyemezo by’inkiko byabashinjaga ibyaha bitandukanye birimo uburaya, ubwambuzi n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.
Aya makuru yemejwe ku wa Kane na Minisitiri w’Intara ya Ashanti, Frank Amoakohene, abinyujije ku rubuga rwa Facebook. Yavuze ko abo bantu birukanywe nyuma y’imanza zitandukanye zaburanishijwe mu nkiko, aho bamwe bashinjwaga gukorana n’umuryango Q-Net, uburaya n’ibindi byaha byibasira umutekano w’abaturage.
Uretse Abanya-Nigeria, Ghana yanirukanye Abanya-Cameroun 13, Abanya-Côte d’Ivoire batatu, Abanya-Burkina Faso batatu, ndetse n’Abanya-Benin barindwi, bituma umubare w’abanyamahanga bose birukanywe ugera kuri 68.
Minisitiri Amoakohene yagize ati: “Abanya-Nigeria 42, Abanya-Cameroun 13, Abanya-Côte d’Ivoire batatu, Abanya-Burkina Faso batatu n’Abanya-Benin barindwi birukanywe mu Ntara ya Ashanti basubizwa mu bihugu byabo, hashingiwe ku byemezo by’inkiko byerekeye Q-Net, uburaya n’ibindi byaha.”
Yanashimiye Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Ghana (Ghana Immigration Service) ku kazi kinyamwuga n’ubunyamwuga, avuga ko imikoranire yarwo n’inkiko n’izindi nzego z’umutekano yafashije kurinda umutekano w’abaturage, hubahirizwa amategeko n’uburenganzira bw’abaregwa.


