Mu bihe bya vuba, haravugwa inkuru nyinshi z’abagabo bapfa cyangwa bagira ibibazo bikomeye by’ubuzima, bishingiye ku guhatana gushaka kugaragara nk’abagabo bafite imbaraga zidasanzwe mu mibonano mpuzabitsina. Ibi byiyongereye cyane nyuma yo kumenyekana kw’imiti yongera ubushobozi bwo guhagarara kw’igitsina gabo, buzwi nka blue pill.
Mu by’ukuri, iyi miti yari yarateguriwe abafite indwara z’umutima, ariko nyuma byaje kugaragara ko twongera ubushobozi bw’imibonano mpuzabitsina. Icyari ingaruka y’inyongera ni cyo cyaje kumenyekana cyane kurusha impamvu yakozwe.
Abasesenguzi bavuga ko urukundo rugezweho rwatumye abagabo bashyirwaho umutwaro ukomeye wo “guhora bahagaze neza” mu buriri, mu gihe abagore bo bashyirwaho igitutu cy’amarangamutima no kwishimira imibonano mpuzabitsina. Nubwo ingaruka z’imibonano mpuzabitsina ku bagore ari nini, cyane cyane zijyanye no gusama no kurera, abagabo na bo bashyirwaho igitutu gikomeye cyo kwitwara nk’“abatsinzi” mu buriri.
Ku mbuga nkoranyambaga, abagabo batitwara neza mu buriri bakunze gusekwa no gusuzugurwa, bakitwa amazina asebanya. Ibi bituma bamwe bashaka inzira zoroshye, zirimo gukoresha imiti itabugenewe, bishobora kubashyira mu kaga.
Iyi myitwarire bamwe bayise “wantam”, ijambo rikoreshwa mu gusaba ko umugabo adahatiriza kujya mu byiciro byinshi by’imibonano mpuzabitsina, cyane cyane iyo umubiri we utabyemera. Abahanga mu buzima bavuga ko, mu bihe by’indwara zo kudashobora guhagarara neza, no n’umara iminota mike ashobora kuba “umwami”, aho kwishyira mu byago byo gushaka ibirenze ubushobozi bwe.
Ubuzima bwa none burangwa n’umunaniro, amasaha menshi umuntu yicaye ku kazi, n’indyo itanoze. Ibi byose bigabanya umusemburo wa testosterone mu bagabo, bigatuma ubushobozi bwabo bugabanuka. Mu gihe cyashize, abagabo babagaho bahiga, bagenda urugendo rurerure, bagatera intambara cyangwa borora amatungo ibikorwa byose byongeraga imbaraga z’umubiri n’ubugabo.
Uyu munsi, abagabo benshi bakorera mu nzu, bakagenda mu modoka, bakanywa ikawa n’inzoga, kandi ntibitabire siporo, nubwo hari n’abayishyurirwa n’akazi. Ibi bitandukanye cyane n’uko abagore na bo basigaye bagira uruhare runini mu mirimo itanga umusaruro, bakinjiza amafaranga, bityo uruhare rw’umugabo rwo gutunga urugo rukaba rutakiri urwa wenyine.
Ibi byahinduye imiterere y’imibanire, bamwe bakavuga ko abagore bagaragaza ibisabwa byinshi ku bagabo, mu gihe abagabo bo baba batagifite imbaraga zihagije zo kubyuzuza.
Abahanga mu binyabuzima bavuga ko gusohora kw’igitsina gabo kwagenewe cyane cyane gukwirakwiza urubyaro, ari yo mpamvu biba bigufi, kugira ngo hatagira ikibiburizamo. Ariko iyo ubushobozi bugabanutse, cyane cyane ku bagabo bageze hejuru y’imyaka 40, igitutu kiriyongera, cyane ko abagore na bo baba begereje igihe cyo gucura imbyaro.
Nubwo hari abavuga ko kongera igihe cy’imibonano mpuzabitsina byafasha, ubuzima buhenze n’imirimo myinshi bituma abantu babura umwanya uhagije wo kwita ku rukundo, bityo bagahera ku miti yihuse, ishobora kubagiraho ingaruka mbi.


