Intwaro zafashwe zagaragajwe mu ruhame

Nigeria: Mu bwihisho bw’amabandi yiba amabanki hasanzwe intwaro karundura-Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Itsinda ryihariye rya Polisi ya Nigeria rimaze igihe kirekire riri gukora operasiyo yo guhiga bukware amabandi yitwaje intwaro yayogoje banki eshatu z’ubucuruzi kuva mu 2019. Tariki ya 9 Nyakanga 2020, hafashe arindwi muri aya mabandi ndetse hafatwa n’intwaro nyinshi zirimo iziremereye yakoreshaga muri ubu bujura bwivanze n’ubugizi bwa nabi.

Aya mabandi yibye banki ziri muri leta ebyiri ziri mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Nigeria; Ondo na Ekiti. Muri ubwo bujura, aya mabandi yahiciye abapolisi 6, yiba amamiliyoni y’amafaranga ya ‘naira’ akoreshwa muri iki gihugu.

Nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi ya Nigeria, Frank Mba, amabandi yafashwe arimo irizwi nka Tunbosun rifite imyaka 42 y’amavuko, Ismail Ojo ry’imyaka 25, Victor Oyeyemi ry’imyaka 26, Dele Ariyo ry’imyaka 44, Shola Oladimeji ry’imyaka 50, Olubodun Folayemi ry’imyaka 44 na Adeniyi John ry’imyaka 42.

Aya mabandi yibye banki muri leta ya Ondo tariki ya 7 Gashyantare 2020, yica abapolisi 4. Yagize n’uruhare kandi mu iyicwa ry’abapolisi babiri muri leta ya Ekiti mu Kuboza 2019, ubwo yari yagiye kwiba indi banki y’ubucuruzi.

Intwaro aya mabandi yafatanwe zirimo ubwoko butandukanye n’amasasu yazo nka AK-49, AK-47 na RPG. Amasasu yafashwe agera kuri 280 arimo 145 y’imbunda ya AK-47. Harimo kandi ibiturika byakorewe muri Nigeria ndetse n’imodoka ya Toyota Corolla.

Frank Mba yatangaje ko operasiyo yo guhiga amabandi igikomeje kuko hari atarafatwa, yidegembya.

Intwaro zafashwe zagaragajwe mu ruhame
Intwaro zafashwe zagaragajwe mu ruhame

Aya mabandi aba afite ibikoresho bihagije
Aya mabandi aba afite ibikoresho bihagije

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *