Magufuli yemejwe n’ishyaka rye nk’umukandida mu matora ya Perezida

Perezida John Pombe Magufuli yemejwe n’ishyaka ryei ‘Chama Cha Mapinuzi’ nk’umukandida ku mwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe mu k’Ukuboza 2020. Perezida Magufuli yari yasabye kuba yahabwa andi mahirwe yo kuyobora indi manda, aho yatangaga impamvu y’uko hari imishinga n’ibikorwa bitandukanye byateguwe muri manda ye ya mbere nyamara ikaba igiye kurangira bimwe muri byo bidashyizwe […]

Nkore iki? Nafatiye umugabo wanjye ku buriri aryamanye na mushiki we

Inkuru ibabaje y’umugore wasanze umugabo we mu buriri aryamanye na mushiki we babanaga mu rugo, none ubu akaba yarabuze icyo akora n’icyo nyuma y’uko umugabo we amuciye inyuma akaryamana n’uwari muramukazi we. Igira iti: Ndi umugore umaze imyaka ine nshakanye n’umugabo wanjye tukaba dufitanye abana babiri. Umugabo wanjye naramukundaga, na we akankunda ariko ubu mfite […]

Habonetse abantu 47 banduye Covid-19, hapfa umuntu wa kane

ecqut8cxoaejqgu.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 11 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 47 banduye Covid-19 mu bipimo 4060 byafashwe. Habonetse kandi umuntu wa kane wishwe n’iki cyorezo muri iki gihugu. Ababonetse muri Kigali ni 43 barimo abaturutse mu kigo kinyurwamo by’igihe gito. Harimo kandi 2 babonetse mu Karere ka Nyamasheke, 1 wabonetse muri […]

Nigeria: Mu bwihisho bw’amabandi yiba amabanki hasanzwe intwaro karundura-Amafoto

Intwaro zafashwe zagaragajwe mu ruhame

Itsinda ryihariye rya Polisi ya Nigeria rimaze igihe kirekire riri gukora operasiyo yo guhiga bukware amabandi yitwaje intwaro yayogoje banki eshatu z’ubucuruzi kuva mu 2019. Tariki ya 9 Nyakanga 2020, hafashe arindwi muri aya mabandi ndetse hafatwa n’intwaro nyinshi zirimo iziremereye yakoreshaga muri ubu bujura bwivanze n’ubugizi bwa nabi. Aya mabandi yibye banki ziri muri […]

U Buhinde: Abarenga miliyoni bamaze kwicwa n’inzoka mu myaka 20

Ubushakashatsi buherutse gukorwa ku mfu ziterwa n’inzoka mu Buhinde, bwagaragaje ko abantu barenga miliyoni n’ibihumbi magana abiri (1,200,000) bamaze kwicwa nazo mu myaka 20 ishize. Abantu bishwe n’izi nzoka bari hagati y’imyaka 30 na 69 y’amavuko, bakaba bicwa ahanini n’inzoka zo mu bwoko bwa Russell’s vipers, kraits ndetse na cobra. Hari ubundi bwoko 12 kandi […]

Burundi: Bakoreye ubukwe bw’igitangaza mu bitaro-amafoto

photo_1.jpg

Abantu benshi bafata ibitaro nk’ahantu akenshi haba abantu bababaye bikomeye. Gusa kuri ubu iyi mvugo ntiyakumvikana neza hagati ya Charlotte Mukantwari na Gabin Ndayizigiye bo mu ntara ya Kirundo mu majyaruguru y’u Burundi bakoreye ubukwe bwabo mu bitaro. Charlotte Mukantwari na Gabin Ndayizigiye bakoreye ubukwe mu bitaro bya Kirundo, nyuma y’uko Gabin akoze impanuka y’imodoka […]

Issa Bigirimana yerekeje muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa gatandatu, yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Issa Bigirimana wamenyekanye cyane mu kipe ya APR FC. Rayon Sports yemeje ko yasinyishije uyu musore ukomoka i Burundi igira iti: “Dushobora kubyemeza! Issa Bigirimana Ni umukinnyi wa gikundiro umwaka utaha w’imikino. Duhaye ikaze uyu mukino ufite impano uvuye muri Police FC.” […]

Afurika y’Epfo: Babiri mu bahatanira ikamba rya Nyampinga ni ba Dogiteri

3af7a5ac-miss-sa-jordan-van-der-vyver-750x629.jpg

Abakobwa babiri, Karishma Ramdev na Thato Mosehle, bahatanira ikamba rya nyampinga muri Afurika y’Epfo, ndetse bakaba no muri 15 bageze muri 1/2 cy’irangiza,ni abadogiteri bita ku barwayi ba covid-19. Karishma akora mu bitaro bya Charlotte Maxeke Johannesburg Academic Hospital (CMJAH), aho akomereza gukora anongerera ubumenyi naho Thato ni Dogiteri ku bitaro bikuru bya Klerksdorp Tshepong […]

Etincelles FC yabonye umutoza mushya w’Umwongereza

Ikipe ya Etincelles FC yo mu karere ka Rubavu, yemeje ko yamaze gusinyisha Umwongereza, Callum Shaun Selby, nk’umutoza wayo mushya ugomba kuyitoza mu mwaka utaha w’umukino. Iyi kipe y’i Rubavu yemeje ko Callum yayisinyiye amasezerano yo kuyitoza y’umwaka umwe. Etincelles ibinyuranyije kuri Twitter yagize iti: ” Callum Shaun Selby yasinyanye amasezerano y’umwaka umwe natwe. Uyu […]

Gen. Kabarebe asanga abarwanya u Rwanda bifashishije ikoranabuhanga barabuze ishingiro

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bya gisirikare, Gen. James Kabarebe asanga abarwanya u Rwanda bifashishije ikoranabuhanga barabuze aho bashingira intego yabo kuko ibyo bashatse kugira urwitwazo basanga u Rwanda rwarangije kubikemura. Gen. James Kabarebe yabivugiye mu kiganiro cyo Kwibohora ku nshuro ya 26 bamwe mu bayobozi bagiranye n’Abanyarwanda batuye ku mugabane wa Aziya, Uburasirazuba […]

ONU yemeje ko Amerika yishe Gen. Soleimani idakurikije amategeko

Raporo ya ONU ivuga ko igitero cyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kwica umujenerali mukuru wa Irani, Qaseem Soleimani, kitakurikije amategeko mpuzamahanga. Mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’umuhanga wa ONU mu bijyanye n’ubwicanyi budakurikije amategeko, Agnes Callamard, kivuga ko Amerika itari yatanze gihamya zigaragaza ko Gen. Soleimani yateguraga ubwicanyi bwari gutuma haba kiriya gitero, […]

Perezida Kagame yavuze ku ivangura u Rwanda rwashinjwe gukorera abatwara amakamyo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yanyomoje amakuru yavuzwe mu bitangazamakuru bitandukanye, avuga ko abashoferi b’abanyamahanga batwara amakamyo yikorera ibicuruzwa bahohotererwa ku butaka bw’u Rwanda ndetse bakanafatwa nabi. Ku wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga 2020, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abakoresha Imbuga Nkoranyambaga, cyibanze ku myaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye. Ni ikiganiro Umukuru w’Igihugu yabarijwemo […]

#BlackLivesMatter ntiyakabaye iyo kurwanya ivangura rikorerwa abirabura gusa-Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asanga ubukangurambaga bwiswe “Black Lives Matter” mu by’ukuri intego yabwo itakabaye iyo kurwanya ivangura rikorerwa abirabura gusa, ahubwo ari ukurwanya ivangura iryo ari ryo ryose rikorerwa ikiremwamuntu. Black Lives Matter ni ubukangurambaga bwatangijwe n’abarwanya ivangura rikorerwa abirabura muri Amerika aho benshi batotezwa abandi bakicwa na polisi nta mpamvu, bukaba bwaratangijwe […]

Ishusho y’ubukerarugendo mu Rwanda n’ingamba zafashwe mu guhangana n’ingaruka za Covid-19

Ubukerarugendo mu Rwanda ni rumwe mu nzego zinjiriza igihugu amafaranga menshi. Gusa kimwe n’ibindi bikorwa bitandukanye, ubukerarugendo bwazahajwe bikomeye n’ingaruka za Korona Virusi. Ku wa 29 Gicurasi, Misiniteri y’Imari n’Igenamigambi mu Rwanda yatangaje ko yageneye uru rwego miliyari 3.5 z’amafaranga y’u Rwanda, agamije kuzahura uru rwego rwazahajwe bikomeye n’ifunga ry’ibikorwa rusange hagamijwe gukumira icyorezo cya […]

Mali: Imyigaragambyo yatumye Radiyo na Televiziyo by’igihugu bifunga

Imbaga y’abigaragambya basaba ko Perezida Boubakar Keita yegura yatumye Radio na Televiziyo by’igihugu bihagarika gukora. Iyi myigaragambyo yabaye ku munsi w’ejo tariki ya 10 Nyakanga 2020, yitabirwa n’abantu babarirwa mu bihumbi biganjemo urubyiruko mu murwa mukuru, Bamako. Amwe mu magambo abagiragambya bakoreshaga harimo intero nyinshi zumvikanye zisaba perezida Boubakar Keita kwegura ku mirimo ye. Polisi […]

Umuturage yasabye Perezida Kagame kumuremera akoresheje MoMo

Kuri uyu wa 10 Nyakanga 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abakoresha urubuga rwa Instagram imbonankubone (live) cyibandaga ku mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiye mu Kwakira 1990, rurangira tariki ya 4 Nyakanga 1994. Intero y’umunsi (hashtag) yari ‘Baza Perezida’ yakoreshejwe mu rurimi rw’Icyongereza igira iti: “#AskThePresident”. N’ubwo ingingo nkuru yari […]

RBC iri gutegura gahunda yo gupimira covid-19 ku mihanda mu ntara

Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima, RBC, kiri gutegura ingamba nshya zo gutangira gupimira icyorezo cya covid-19 ku mihanda, mu turere tugize intara nyuma y’uko iyi gahunda ku ikubitiro yari yaratangiriye mu mujyi wa Kigali. Iyi gahunda yatangiye mu cyumweru gishize, ifite intego yo gupima nibura abageze ku bihumbi bitanu(5000), icyiciro cya mbere kikaba cyasojwe kuri […]