Rayon Sports yasezeye kuri Iragire Saidi

Sangiza iyi nkuru

Myugariro Iragire Saidi yamaze gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, nyuma yo gusesa amasezeramo yari afitanye n’iyo kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda.

Iragire Saidi yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva mu mpeshyi ya 2019, nyuma yo kuyigeramo avuye mu kipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yo mu majyepfo y’igihugu.

Uyu musore yari asigaje umwaka w’amasezerano muri Rayon Sports, gusa ahitamo gusesa amasezeramo yari afitanye na yo nyuma yo kuyishinja kutubahiriza bimwe mu byo bari barumvikanye.

Mu mezi yashize Iragire Saidi yari yasabye Rayon Sports kumuha ibya ngombwa bimwemerera kugenda akishakira indi kipe, bitewe n’ibibazo by’imishahara Iragire na bagenzi be bagiye bahura na byo.

Rayon Sports ibinyujije kuri Twitter yayo yasezeye kuri myugariro Iragire Saidi igira iti: “Tuzongere tubonane Iragire, warakoze ku mwaka umwe udukinira.”

Myugariro Iragire Saidi ni umwe mu bakinnyi ntakorwaho Rayon Sports yari yubakiyeho ubwugarizi bwayo mu mwaka ushize w’imikino, akaba yarakinanaga na Rugwiro HervĂ© mu mutima wa dĂ©fĂ©nse.

Yiyongereye ku bandi bakinnyi benshi bamaze gutandukana na Rayon Sports, barimo Michael Sarpong, Kimenyi Yves, Rutanga Eric, Irambona Eric, Iradukunda Eric ndetse n’abavugwa nka Bizimana Yannick cyo kimwe na Mugisha Gilbert.

Abo bakinnyi kandi bashobora kwiyongeraho Sekama Maxime na we utishimye muri Rayon Sports, bikavugwa ko na we ashobora gusesa amasezerano y’umwaka umwe yari afitanye na yo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *