G_m16FPWsAAuEu9

Brig. Gen. Godfrey Gasana yahererekanyije inshingano na Col. Gatsinzi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mutarama 2026, ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Brigadier General Godfrey Gasana na Col Dan Gatsinzi baherutse guhabwa inshingano nshya.

G m16FKWoAAPaml

 

Brig. Gen. Godfrey Gasana wagizwe umupilote wihariye wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyikirije ku mugaragaro Col Dan Gatsinzi inshingano z’Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere yari asanzweho.

G m16FJXIAA3YiO

Ku itariki 24 Mutarama nibwo itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ingabo ryemeje ko Brig. Gen. Godfrey Gasana na Col Dan Gatsinzi bahinduriwe inshingano.

G m16FIXMAEGQQD

Usibye kuba umupilote wihariye wa Perezida, Brig. Gen. Gasana azaba ari n’umujyanama wa minisiteri y’ingabo n’umugaba w’ingabo ku bijyanye n’igisirikare cyo mu kirere.

G m16FPWsAAuEu9

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *