Messi yavuze ko nyuma yo kubura shampiyona bashobora no gusezererwa na Napoli

Sangiza iyi nkuru

Lionel Messi yanenze cyane imyitwarire yaranze FC Barcelona mu mwaka w’imikino wa 2019/2020, ashimangira ko nikomeza bashobora no kuzatsindwa na Napoli ikabasezerera muri UEFA Champions league.

Yabitangaje nyuma y’umukino w’umunsi wa 37 wa Shampiyona ya Espagne we na bagenzi be batsinzwemo na Osasuna ibitego 2-1 mu ijoro ryakeye, mu gihe Real Madrid bahora bahanganye yo yatsindaga Villarreal ibitego 2-1 igahita itwara igikombe cya 34 cya Shampiyona ya Espagne.

Ibitego bya Jose Arnaiz na Roberto Torres ni byo byahesheje Osasuna gukura amanota atatu i Camp Nou, mu gihe impozamarira ku ruhande rwa FC Barcelona yatsinzwe na Messi kuri Coup-Franc.

Mu kiganiro yagiranye na Movistar + nyuma y’umukino, Messi yagaragaje ko ubunebwe FC Barcelona yagaragaje ari bwo bworohereje Real Madrid gutwara igikombe cya Shampiyona.

Yagaragaje kandi impungenge z’uko Barcelona ishobora gusezererwa na Napoli muri 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league, mu gihe cyose we na bagenzi be baba badahinduye imyitwarire.

Yagize ati: “Ntitwashakaga kurangiza umwaka w’imikino gutya, gusa byerekana uko umwaka wagenze. Twari ikipe idahwitse, ifite intege nke cyane. Twatakaje amanota menshi atari ngombwa, kandi umukino w’uyu munsi ni incamake y’uko twitwaye.”

Yunzemo ati: “Tugomba kwisuzuma, tugahera ku bakinnyi. Turi Barça kandi tugomba gutwara buri gikombe cyose. Ntidushobora kureba Madrid… Madrid bakoze akazi kabo, ariko twabafashije byinshi. Niba dukeneye Champions league, tugomba guhindura byinshi. Dukomeje gutya, twazanatsindwa umukino na Napoli.”

Kapiteni wa FC Barcelona yagaragaje ko ibintu ku ruhande rwa FC Barcelona byatangiye kuba bibi kuva uyu mwaka watangira, gusa agaragaza ko hagize igihinduka ibintu bishobora kugenda bakibagiza abakunzi babo ibyabaye.

Ati: “Tugomba guhindura ibintu byinshi. Dufitanye umukino na Napoli tuzakina nta bafana kandi ibintu bigomba guhinduka. Kuva muri Mutarama kugeza ubu ibihe byabaye bibi kuri buri wese. Ndatekereza ko muri Champions League hari imikino ine ishobora guhindura umwaka wose mu gihe twaba twitwaye neza.”

Messi yavuze ko mu gihe FC Barcelona yaba ititwaye neza muri UEFA Champions league abafana bayo bazababara kurusha uko byabagendekeye basezererwa na AS Roma cyangwa Liverpool, na cyane ko Champions league ari yo bahanze amaso nyuma yo kubura igikombe cya Shampiyona n’icy’umwami.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *