PSG inyagiye Waasland Beveren ya Djihad Bizimana ibitego 7-0

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa, inyagiye ibitego 7-0 Waasland Beveren yo mu Bubiligi ikinamo Umunyarwanda, Djihad Bizimana.

Hari mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo wabereye kuri Stade ya Parc des Princes i Paris.

Djihad Bizimana wari uhanzwe amaso n’abanyarwanda benshi yakinnye uduce tune twose tw’umukino (agace kari kagizwe n’iminota 30), by’umwihariko tubiri twa nyuma yadukinnye ayoboye bagenzi be mu kibuga (Kapiteni), n’ubwo yadukinnye nka myugariro.

Ku ruhande rwa PSG, abakinnyi bayo ngenderwaho nka Neymar Jr, Angel Di Maria, Kylian Mbappe, Marco Veratti, Marquinhos na Tiago Silva bakinnye iminota 60 ya mbere y’umukino, mbere yo gusimburwa.

PSG yafunguye amazamu ku munota wa 20 w’umukino ku gitego myugariro Vukotic yitsinze mu izamu rye.

Ikipe y’i Paris yatsinze igitego cya kabiri kuri Penaliti ya Neymar yo ku munota wa 27 w’umukino, agace ka mbere karangira iri imbere n’ibitego bibiri.

Iyi kipe y’umutoza Thomas Tuchel yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 47, kuri Penaliti Neymar yapashe Mauro Icardi agahita atereka umupira mu rucundura.

Umunya Cameroun Eric Maxime Chupo Moting winjiye mu kibuga asimbura yahise atsindira PSG ibindi bitego bibiri byikurikiranya, byaje byiyongera ku cya kane Mbappe yari yatsinze.

Igitego cy’agashinguracumu cya PSG cyatsinzwe na Mbe Ssoh ku munota wa 94 w’umukino.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *