HAz4GY8boAAuxZb

Minisitiri w’Intebe yahagarariye Perezida Kagame mu nama ya AUDA-NEPAD

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva, yahagarariye Perezida Paul Kagame, mu Nama ya 43 y’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cy’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD).

HAz4GahbYAAJ1jp

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yavuze ko “Afurika igomba gukomeza umurego mu gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere ryayo. Nubwo ubufatanye n’abandi ari ingenzi, inkunga zituruka hanze ntizigomba kuruta cyane umusanzu w’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.”

HAz4GY8b0AA 38B

Yashimangiye ko ibi ari ingenzi mu rugendo rw’ivugururwa ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe no ku ntego zisangiwe zo kwihesha agaciro no kwigira.

HAz4GYhXEAEfWPr

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *