M23 yasabye Tshisekedi gucyura abarwanyi bayo bari mu Rwanda na Uganda

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Inyeshyamba za M23, yahamagariye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, gucyura abahoze ari abarwanyi b’uwo mutwe baheze mu bihugu by’u Rwanda na Uganda.

Mu itangazo M23 yasohoye ku wa 17 Nyakanga ryashyizweho umukono n’uwari umuyobozi wayo, Bertrand Bisimwa, yasabye ishyirwa mu bikorwa ryihuse ry’amasezerano ya Nairobi mu rwego rwo kuburizamo icyo yise “Imigambi mibisha” yari iriho mu gihe cya Kabila.

Umuyobozi wa M23 yagize ati: “Abenshi mu bahoze ari abarwanyi bacu mu by’ukuri bari mu birindiro bitekanye ku butaka bwa Congo, mu gace ka Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru kuva muri 2017, aho bategereje bihanganye ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Nairobi.”

Yavuze ko hari abandi barwanyi ba M23 baheze i Kibungo mu Rwanda n’i Bihanga muri Uganda bakurikiranirwa hafi n’ibihugu barimo na bo bakwiye gucyurwa.

Bisimwa yagaragaje ko urutonde rw’abahoze ari abarwanyi ba M23 rwatangiye gukorwa ubwo bamwe muri bo binjiraga mu bihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse rukaba ruvugururwa kenshi rugashyikirizwa Guverinoma ya Congo Kinshasa hagendewe ku byiciro bitandukanye byo gucyura abarwanyi yashyizeho kuva muri 2014, gusa akaba atumva impamvu badacyurwa.

Itangazo kandi rivuga ko “M23 yamaganye “imikorere idahwitse y’inzego z’ubutasi za Congo zigamije kubangamira inzira y’amahoro no kugira uruhare mu mutekano muke wo mu Burasirazuba bwa Congo.

Uwo mutwe kandi uvuga ko hari abatanga amakuru atari ukuri ku miryango itegamiye kuri Leta ikorera muri Congo Kinshasa biyita abagizweho ingaruka n’ibikorwa byawo, ugasaba iyo miryango kujya igenzura amakuru ihabwa ngo kuko aba atari ukuri.

Raporo yo ku wa 15 Nyakanga 2020 yakozwe n’itsinda ry’abashakashatsi mpuzamahanga bibumbiye mu tsinda ryitwa ‘International Crisis Group’, yerekana ko uretse abarwanyi ba CODECO, bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba M23 n’abandi bo mu yindi mitwe ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru, bagize uruhare mu ntambara ya Ituri, yaguyemo ababarirwa mu 1000 kuva muri 2017.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. M23 yasabye Tshisekedi gucyura abarwanyi bayo bari mu Rwanda na Uganda
    Rwose nibabacyure nanjye ndumwe muribo rwoseq

  2. M23 yasabye Tshisekedi gucyura abarwanyi bayo bari mu Rwanda na Uganda
    Rwose nibabacyure nanjye ndumwe muribo rwoseq

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *