Perezida Nkurunziza yongeye kugirira ikizere Gen Maj Silas Ntigurirwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida Pierre Nkurunziza yongeye kugarurira ikizere Gen Major Ntigurirwa Silas wayoboraga ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri Somaliya, amugira umunyamabanga mukuru w’urwego rushinzwe umutekano w’u Burundi.

silas
Gen Maj Silas Ntigurirwa wongeye kugirirwa ikizere na Perezida Nkurunziza

Ntigurirwa yashyikirijwe ubu bushobozi kuri uyu wa gatatu taliki 24 Kanama 2016 hakurikijwe itegeko ry’umukuru w’igihugu nimero 100/191 ryo kuwa 23 Kanama 2016, aho kugeza ubu yatangiye imirimo ye.
Uyu mugabo yatangiye izi nshingano kandi nyuma y’uko avuye mu kigo gishinzwe ubwiteganyirize bw’abakozi INSS, aza gusimburwa na Prosper Bazombanza wari usanzwe ari Visi Perezida wa mbere wa Nkurunziza.
Amakuru avugwa hirya no hino mu Burundi, avuga ko icyaba kihishe inyuma yo kugaruzwa kuri izi nshingano, ahanini ngo nuko Perezida yamugiriye ikizere nyuma yo kugenda akora ibikorwa birimo guta muri yombi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibyo byatumye urwikekwe yari afitiwe n’umukuru w’igihugu ko ari mu bafashije Gen Maj Godefroid Niyombare guhirika ubutegetsi ruvaho, binavugwa ko ashobora no gukomeza kwivuna abarwanya perezida Pierre Nkurunziza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *