Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, umukunzi ukomeye w’Umupira w’amaguru, yitabiriye umukino wa UEFA champions Ligue wahuje ikipe ya PSG na Chelsea kuri uyu wa Gatatu ushize.

Muri uyu mukino ikipe ya PSG yatsinzemo Chelsea 5-2, yatsinze ibitego byinshi bitinze kugirango yizigamire mbere y’umukino wa kabiri mu gushaka itike ya kimwe cya kane cy’irangiza.

Ikipe ya PSG kandi ni umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu guteza imbere ubukerarugendo binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

Perezida Kagame yari mu Bufaransa aho yitabiriye inama mpuzamahanga ku ikoreshwa ry’ingufu za nikereyeri.


