Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi riravuga ko kuva ku isaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo kuri iki Cyumweru, itariki ya 15 Werurwe 2026, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu turere dutuwe cyane twa Kalingi, muri Minembwe, rikoresheje drones z’ubwiyahuzi.
AFC/M23 mu itangazo ryayo yasabye Abanyekongo, abayobozi b’akarere, n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga kwita kuri iyi “ntambara yashyizweho na Kinshasa”.
Itangazo rivuga ko “izi ndege zitagira abapilote, zoherejwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, zirimo kubiba impfu no gusenya: zirimo gusenya amazu y’abasivili, zica inzirakarengane, kandi byongera ku buryo bugaragara ikibazo cy’ubutabazi cyari kimaze kutihanganirwa cyatewe n’ibitero bya Kinshasa”.
Ibi bitero bitavangura byibasiye abasivili ni ukurenga ku buryo bukabije amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu kandi byerekana ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwirengagije rwose ubuzima bw’abasivili. Imbere y’ubu bugizi bwa nabi, ahanini bwirengagijwe n’Umuryango Mpuzamahanga, ngo AFC / M23 ntishobora gukomeza guceceka.


