20260323_132318

Igisubizo cya Kabila ku bafashe kuba ari mu matware ya M23 nk’ikibazo 

Sangiza iyi nkuru

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko kuba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 nta kibazo abibonamo, kuko i Goma ari we.

Uyu mugabo wategetse RDC hagati ya 2001 na 2019 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi cyabereye i Goma.

Kabila yakunze kugaragara kenshi muri uyu mujyi kuva mu mwaka ushize ubwo yavaga mu buhungiro, ndetse kuwugaragaramo byatumye ubutabera bwa RDC bumukatira urwo gupfa nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira igihugu no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi.

Ubwo yabazwaga ku babona kuba i Goma kwe nk’ikibazo, yagize ati: “I Goma ni iwanjye. Nabakiriye mu nzu nahaguze muri 2019.”

Kabila kandi yagaragaje ko itotezwa rye n’abantu bo mu ishyaka rye baryozwa M23 nta shingiro rifite, kuko byatangiye mu 2019 na mbere y’uko AFC/M23 ivuka.

Yunzemo ko kuba yavugana n’abantu bo muri uriya mutwe ntacyo bitwaye, ati: “Nizera ko mfite uburenganzira bwo kuvugana n’abanye-Congo bose mu rwego rwo guteza imbere ubumwe bw’igihugu no gushaka amahoro. Ku bwanjye, ibyo ni n’ubutumwa.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *