WhatsApp-Image-2025-01-09-at-17.08.31_copy_1000x666

Nyuma ya AFC/M23, UPDF na yo yaba igiye kuvana ingabo zayo muri Lubero 

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuvana ingabo zacyo muri Teritwari ya Lubero mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe kirekire zaroherejweyo.

Gen. Muhoozi yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Yagize ati: “Dutangaje ko twiteguye kuva mu birindiro byacu byose kuva muri Lubero kugeza muri Mahagi mu burasirazuba bwa RDC. Ni ku bufatanye na Guverinoma ya Congo.”

Gen. Muhoozi mu bundi butumwa, yavuze ko “ingabo zose za UPDF zizava muri Lubero mu minsi mike iri imbere, Guverineri wa Ituri naramuka adahinduwe.”

Uyu Jenerali ntiyigeze avuga impamvu nyamukuru UPDF igiye kuva muri Lubero, gusa ni icyemezo gishobora guhurirana n’icya AFC/M23 kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru iri kuvana ingabo zayo mu bice byo muri iriya Teritwari yari imaze umwaka igenzura.

UPDF ifite ingabo mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva muri 2022, ikaba yarazoherejeyo mu bikorwa bya Operation Shujaa byo guhashya umutwe wa ADF zifatanyamo n’iza Congo Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *