images (8)

Masisi: Haravugwa imirwano yubuye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 29 Werurwe, haravugwa imirwano ikaze yadutse mu Murenge wa Osso Banyungu wo muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo cya kare, ahagana mu ma saa moya, ubwo inyeshyamba zagabaga ibitero bishya ku birindiro bya Wazalendo biherereye mu bice bya Kazinga na Ngululu.

Utu duce twombi bivugwa ko twafashwe na Wazalendo mu byumweru bike bishize, kuri ubu ni two ntandaro y’imirwano, impande zombi zikaba zishaka gukaza ibirindiro cyangwa kongera kwigarurira ako karere nk’uko tubikesha ACTUALITE.CD.

Ku rugamba, humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje. Ubukana bw’imirwano bwatumye urusaku rw’amasasu rushobora kumvikana mu midugudu myinshi ihakikije, harimo n’uduce bihana imbibi two muri Teritwari ya Walikale, bikongera ubwoba mu baturage b’abasivili.

Mu gihe amakuru yerekana ko inyeshyamba za AFC / M23 zavuye buhoro buhoro mu turere tumwe na tumwe two muri teritwari za Walikale, Lubero, na Rutshuru, nta bikorwa nk’ibyo byigeze bigaragara kugeza ubu muri Teritwari ya Masisi, aho ibintu bikomeje kuba bibi kandi hatazwi neza aho bigana.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *