20260331_215316

Icyo Ndayishimiye avuga ku bisasu byaturikiye i Bujumbura 

Sangiza iyi nkuru

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ko hari abagize ibyago, nyuma y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye ahabikwaga intwaro mu kigo cya gisirikare giherereye mu mujyi wa Bujumbura.

Ndayishimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Nihanganishije abagize ibyago biturutse ku muriro wadutse mu bubiko bumwe bw’ikigo cya gisirikare kiri muri zone Musaga. Duhumurije Abarundi bose.”

Perezida Evariste Ndayishimiye muri ubu butumwa yanditse saa saba n’iminota 11 z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata, yavuze ko inzego z’igihugu cye zari mu kazi ko kureba uko ibintu byasubira mu buryo.

Ahagana saa moya z’umugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe, ni bwo mu kigo cya gisirikare cya Musaga giherereye mu majyepfo y’umujyi wa Bujumbura hagaragaye haka umuriro mwinshi wakurikiwe no guturika gukomeye kw’ibisasu byinshi.

Iturika ryamaze byibura amasaha hafi atatu ryumvikana mu mujyi wa Bujumbura, ibyaciye igikuba mu batuye uyu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi.

Umuvugizi w’Ingabo z’iki gihugu, Général de Brigade Baratuza Gaspard, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko inkongi y’umuriro watwitse ikigo cya gisirikare cya Musaga yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.

Mu ma saa yine z’ijoro Gen Baratuza yatangaje ko “umuriro wari wadutse mu bubiko bw’ibikoresho bya gisirikare mu kigo cya gisirikare kiri ku Musaga watumye humvikana ibisasu bituragurika mu mujyi wa Bujumbura ubu usa n’uwamaze kuzima”, mbere yo gusaba abantu gutaha mu ngo zabo nkuko bisanzwe.

Yunzemo ati: “Gusa abegereye aho vyabereye bobangira gato.”

Ku rundi ruhande amakuru atandukanye anemezwa na bamwe mu bagize inzego z’umutekano z’u Burundi, avuga ko kiriya kigo cyahiye nyuma yo kugabwaho igitero cyakozwe hifashishijwe drone.

Ni igitero cyasize hahiye imbunda nyinshi ndetse n’amasasu, ndetse hari amakuru avuga ko mu byahiye haba hanarimo za drone zari zibitswe muri kiriya kigo.

Amakuru avuga ko ibyabaye i Bujumbura byasize hari n’abantu bapfuye abandi barakomereka, gusa umubare nyawo w’abagizweho ingaruka nturatangazwa.

Bivugwa ko nko muri gereza ya Bujumbura izwi nka Mpimba hari abagororwa babarirwa muri batandatu baba bapfuye, nyuma y’ibisasu byaturitse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *