000-67992JX-1

Bwa mbere ibiganiro hagati ya Kinshasa na AFC/M23 bigiye kubera i Burayi

Sangiza iyi nkuru

Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye aravuga ko ibiganiro byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Congo hagati ya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa AFC/M23 bigiye kongera gusubukura bikazabera i Burayi ku nshuro ya mbere.

Biravugwa ko ibi biganiro bitegurwa na Qatar kuri iyi nshuro bigiye kubera mu Busuwisi bikazatangira ku wa Mbere, itariki 13 Mata kugeza ku wa Gatanu mu cyumweru gitaha nk’uko bitangazwa na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa.

Ibiganiro biravugwa mu gihe kuri uyu wa Gatatu ushize Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23 yatangaje ko indege ya ‘drone’ y’ingabo za leta yateye agace gatuwe cyane muri Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi, iminsi micye mbere y’ibiganiro bishya mu nzira y’amahoro ya Doha”

Ikinyamakuru Africa Intelligence kivuga ko ibiganiro hagati ya M23 na Kinshasa bidashobora gukomereza i Doha kubera intambara ibera mu Burasirazuba bwo Hagati, kubw’ibyo bikaba bigiye gukomereza i Geneve mu Busuwisi.

Ikigo ‘Center on International Cooperation’ cya Kaminuza ya New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na cyo cyemeje ko ibyo biganiro bizatangira mu cyumweru gitaha mu Busuwisi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *