Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe Eric Semuhungu, ariko ntirwatangaza ibyo akurikiranyweho kugira ngo iperereza rikomeje ridahungabana.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko koko Semuhungu yamaze gutabwa muri yombi, ariko ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’uko iperereza ry’ibanze rikorwa.
Semuhungu yafashwe ku wa 9 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimironko.
Yatangiye kumenyekana cyane mu 2016 nyuma y’amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko ari mu rukundo n’undi mugabo. Nyuma yaho, yongeye kuvugwa cyane mu 2024 ubwo yoherezwaga mu Rwanda avanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo gusambanya abana.


