Kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata 2026, Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yakiriwe, i Abidjan, na Alassane Ouattara, Perezida wa Repubulika ya Cote d’Ivoire.

Ibiganiro byibanze ahanini ku bibazo bijyanye n’inama ya Francophonie itegerejwe, izabera muri Cambodge mu Gushyingo 2026.

Usibye ibyo bibazo, baganiriye ku bufatanye buri hagati ya CĂ´te d’Ivoire na OIF (Umuryango Mpuzamahanga wa Francophonie), burimo na MASA (MarchĂ© des arts du spectacle africain d’Abidjan) umuryango uharanira iterambere rya Francophonie ubu ukorera i Abidjan.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo kandi yashimiye Perezida Ouattara ku kuba yarakomeje gushyigikira Francophonie.


