172560534

Iran iravuga ko hari intambwe imaze guterwa mu biganiro na Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko hari “iterambere” mu biganiro na Amerika “ariko ko hari icyuho kinini kandi ingingo zimwe na zimwe zikiri kuganirwaho.”

Ghalibaf yavugiye ibi kuri televiziyo kuri uyu wa Gatandatu, arimo araganira ku masezerano yo guhagarika burundu intambara yatangijwe na Israel na Amerika, aho yagize ati: “Turacyari kure y’ibiganiro byanyuma.”

Yongeyeho ati: “Hariho ibibazo bimwe dushimangira … na bo bafite imirongo itukura. Ariko ibi bibazo bishobora kuba kimwe cyangwa bibiri gusa”.

Amerika na Iran byinjiye mu gahenge ku itariki ya 8 Mata biteganijwe ko kazarangira ku wa Gatatu, keretse karamutse kongerewe nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.

Hagati aho, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko “ibiganiro byiza cyane” birimo gukorwa na Iran ariko aburira Tehran ayisaba kwirinda “gushyira ibikangisho” kuri Amerika.

Ibiganiro byabanjirije hagati ya Amerika, ihagarariwe na Visi Perezida JD Vance, na Iran ihagarariwe na Ghalibaf, muri Pakistan, byarangiye nta masezerano nyuma y’ijoro ry’imishyikirano.

Imwe mu ngingo nyamukuru zikiri ingorabahizi ku mpande zombi ni inzozi za Iran zo gucura intwaro kirimbuzi no kuba Amerika isaba Iran gutanga ibikoresho itunze byacurwamo intwaro za kirimbuzi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *