Minisiteri y’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Pentagon) ku wa Gatatu yatangaje ko John Phelan wari Umunyamabanga ushinzwe ingabo zirwanira mu mazi, yavuye ku mwanya we.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa Pentagon, Sean Parnell, rivuga ko igenda rye “ryabaye ako kanya”.
Iryo tangazo ryanyujijwe ku rubuga nkoranyambaga X ntiryasobanuye impamvu y’icyemezo cyo kuva kuri uwo mwanya, ahubwo rimwifuriza amahirwe mu mirimo azakomeza gukora.
The New York Times icyakora yatangaje ko Phelan yirukanwe nyuma y’amezi hari kugaragara kutumvikana n’amakimbirane hagati ye n’abategetsi bo ku rwego rwo hejuru muri Pentagon, by’umwihariko ku bijyanye n’ingamba zo kuzahura gahunda yo kubaka amato y’intambara yari imaze igihe igaragaza ibibazo.
Umunyamabanga ushinzwe ingabo zirwanira mu mazi ashinzwe kugenzura abasirikare ba Amerika bagera hafi kuri miliyoni imwe.
Abo barimo abo mu ngabo zirwanira mu mazi (Navy), abarwanira mu mutwe wihariye witwa Marines, ndetse n’abakozi b’abasivile bakorana n’izo nzego.
Uku kwegura kwe kubaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gushyira mu bikorwa ingamba zo kugenzura no kubuza amato ya Irani kunyura mu muhora wa Hormuz.
Phelan abaye umutegetsi wa kabiri wo ku rwego rwo hejuru mu ngabo z’Amerika uvuye ku mwanya we muri uku kwezi. Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata, Minisitiri w’ingabo w’Amerika, Pete Hegseth, yari yasabye umugaba mukuru w’ingabo, Randy George, na we kuva ku mwanya we.
John Phelan yari yaratangiye izi nshingano muri Werurwe 2025. Nk’uko itangazo rya Pentagon ribivuga, yasimbuwe by’agateganyo n’uwari umwungirije, Hung Cao.


