20260424_081444

Gen. Makenga yasoje amahugurwa y’abayobozi mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, Général-Major Sultani Makenga, ku wa Kane yayoboye umuhango ukomeye wo gusoza amahugurwa y’abayobozi mu nzego za politiki n’ubuyobozi bw’ibanze, yateguwe na AFC/M23, mu rwego rwo gukomeza gahunda yo kuvugurura no kongera kubaka inzego za Leta.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, aya mahugurwa ari mu “murongo udasubirwaho ugamije gushyiraho ubuyobozi bushya mu bice bigenzurwa na wo, bushingiye ku miyoborere myiza, gukora neza no gukorera abaturage.”

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu bya politiki n’igisirikare babarirwa, barimo Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Bahati Musanga Erasto.

Abahuguwe uko ari 395, bongerewe ubumenyi mu miyoborere, ubuyobozi no gucunga neza ibijyanye n’imirimo ya Leta.

Gen. Makenga mu ijambo rye, yasabye abahawe impamyabumenyi gushyira mu bikorwa ako kanya ibyo bigishijwe, bakabikora mu nyungu z’abaturage gusa.

Yagaragaje ko bariya bayobozi ari bo shingiro ryo kwibohora nyako no kubaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irambye.

Ati: “Ntihagikenewe amasezerano, ahubwo hakenewe ibikorwa bifatika bigamije inyungu z’abaturage.”

Abitabiriye ariya mahugurwa yaberaga mu kigo cya Kanombe muri Teritwari ya Rutshuru, bagaragaje ubushake bwo gushyira mu bikorwa ibyo bize, bibanda ku gukorera abaturage, gukorera mu mucyo no kurwanya imigirire mibi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *