mali-military (3)

Ibirindiro byinshi by’ingabo za FAMA byagabweho ibitero

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mata, mu bice bitandukanye biri hafi y’umujyi wa Bamako wo muri Mali humvikanye urusaku rwinshi rw’amasasu, nyuma y’ibitero byagabwe ku birindiro by’ingabo za kiriya gihugu.

Televiziyo ya TV5 Monde yatangaje ko uduce twagabwemo ibitero turimo aka Kati gaherereye mu bilometero 15 uvuye i Bamako, aka Gao n’aka Sévaré.

Ni ibitero by’uruhurirane byagabwe guhera saa 05:00 z’igitondo.

Umutwe w’inyeshyamba z’aba-Touareg wa Front de libération de l’Azawad (FLA) ni wo wigambye biriya bitero, biciye mu muvugizi wawo.

Uyu kandi abinyujije ku rubuga rwa Facebook yemeje ko turiya duce two mu majyaruguru ya Bamako twahise tujya mu maboko ya ziriya nyeshyamba, yungamo ko “urugamba rwo kwibohora rwatangiye.”

Iturika rikomeye kuri uyu wa Gatandatu ryumvikanye mu kigo cya gisirikare cya Kati, ahasanzwe hatuye Colonel Assimi Goïta uyobora Mali, kuva yafata ubutegetsi biciye muri Coup d’etat.

Amakuru kandi avuga ko ikindi gitero cyagabwe mu kigo cya gisirikare kiri hafi y’ikibuga cy’indege cya Bamako.

Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make urubuga Sahel Alerte rutanze impuruza y’uko i Bamako hashobora kugabwa ibitero bikomeye.

Rwari rwavuze kandi ko hari icyoba mu nzego z’umutekano za Mali, kubera ubwoba bw’uko ingabo zishobora kwanga kurwana.

Ni mu gihe hari amakuru avuga ko ingabo za Mali zamaze gucika intege, n’ubwo Leta iri kugerageza guha abasirikare agahimbazamusyi mu rwego rwo kubatera akanyabugabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *