d600b678-5f0a-4a35-9918-021b12e7ddf5_mhie-beltel-online_urn_newsml_pressassociation_io_8723e66d-8c8b-40dc-b711-50321c4945ac-featureimage

Athens: Igipolisi kiri guhiga umusaza w’imyaka 89 warashe abantu ku rukiko

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cyo mu Bugereki kirimo gushakisha umuntu witwaje imbunda, bivugwa ko afite imyaka 89, warasiye ku kigo cy’ubwiteganyirize no ku rukiko, rwagati mu murwa mukuru, Athens, akomeretsa abantu benshi.

Kuri uyu wa Kabiri, nibwo abapolisi mu murwa mukuru w’u Bugereki barimo gushakisha umuntu witwaje imbunda warasiye ku kigo cy’ubwiteganyirize no ku rukiko, akomeretsa abantu benshi nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byaho.

Igitangazamakuru cya leta mu Bugereki, ERT, cyatangaje ko uwitwaje imbunda yari umusaza w’imyaka 89 kandi hakaba hakomeje ibikorwa bya polisi byo kumushakisha.

Polisi yavuze ko uwitwaje imbunda, yabanje kurasira ku kigo cy’ubwiteganyirize, akomeretsa umukozi. Abapolisi bageze aho byabereye bavura uyu mugabo, ariko umuntu witwaje imbunda arahunga.

Polisi yavuze kandi ko uyu mugabo akekwaho nyuma kurasira hasi mu nyubako y’urukiko mu kindi gice cya Athens rwagati, abantu benshi barakomereka, ndetse abayobozi bahasanze imbunda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *