20260428_181331_copy_1000x860

Ndayishimiye yahinduye ba Minisitiri 3

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakoze impinduka muri Guverinoma y’iki gihugu zasizeho ahinduye ba Minisitiri batatu.

Iteka rya Ndayishimiye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Mata, ryerekana ko Evelyine Butoyi wari umaze igihe ari Ambasaderi w’u Burundi mu bihugu bya Zambia, Angola, Malawi na Zimbabwe yagizwe Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho.

Butoyi wanigeze kuba umuvugizi wa Perezida Evariste Ndayishimiye, yasimbuye ku nshingano zo kuba Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho Gabby Bugaga washyinguwe kuri uyu wa Kabiri, nyuma yo gusangwa mu gasozi yapfuye ku wa 15 Mata 2026.

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, imyubakire, gutwara abantu n’ibintu hamwe n’ibikoresho we yagizwe ingenieur Egide Nijimbere wasimbuye Damien Niyonkuru wari wahawe izo nshingano muri Mutarama uyu mwaka.

Dr Fidèle Nkezabahizi we yagizwe Minisitiri w’Ubuzima asimbuye asubiriye Lidwine Baradahana.

Nkezabahizi yari asanzwe ari umuyobozi wa gahunda PRONIANUT (Programme National Indegre d’Alimentation et Nutrition), ishinzwe kurya neza.

Ndayishimiye yakoze izi mpinduka nyuma y’uko mu cyumweru gishize yakoze impunduka mu nzego z’igisirikare.

Muri icyo cyumweru kandi ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi ryamugennye nk’umukandida ugomba kurihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2027, ndetse uyu mugabo ahabwa amahirwe yo gutorerwa kuyobora u Burundi muri manda ye ya kabiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *