27675a8f0e668a062c90dc1293a55521

Iran irigamba kurasa ubwato bw’Igisirikare cya Amerika

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Amerika (Centcom) burahakana ko bumwe mu bwato bw’intambara bwarashwe na misile ebyiri z’Igisirikare cya Iran.

Mu butumwa yanditse kuri X, Centcom igira iti “nta mato y’Igisirikare cya Amerika cyo mu mazi yigeze araswa”. Yongeyeho iti: “Ingabo za Amerika zishyigikiye ‘Project Freedom’ no gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira amato ku byambu bya Iran.”

Igisirikare cya Iran mbere cyari cyatangaje ko cyabujije ubwato bw’Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi kwinjira mu Muhora wa Hormuz.

Ibiro Ntaramakuru bya Iran, Fars, byatangaje ko ubwato bwarashwe na misile ebyiri ubwo bwagendaga bushaka kunyura mu Muhora wa Hormuz “binyuranyije n’umutekano wo gutwara abantu n’ibintu.”

Ibi bije nyuma y’uko Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika butangaje ko butangira igikorwa cya “Project Freedom” kuri uyu wa 4 Gicurasi, hagamijwe kugarura ubwisanzure bw’urujya n’uruza rw’amato y’imizigo mu Muhora wa Hormuz.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *