Uko umusaruro uva muri Pariki y’Ibirunga no mu Ngagi wiyongera niko ibibageraho biziyongera – Kagame

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 02 Nzeri 2016 perezida wa Repubulika, Paul Kagame yerekeje mu Kinigi ho mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru ahabereye umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana b’Ingagi 22, uyu mubare ukaba ugeze ku bana 283 bamaze guhabwa amazina.

29117814860_aa7fa1c0e8_z

;;

Abaturage baturutse mu bice bitandukanye by’Intara y’Amajyaruguru bakaba bari baje ari benshi baje kwitabira uyu muhango ubaye ku nshuro ya 12.

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga icumbikiye ingagi zigera kuri 304 zingana na 35% by’ingagi zose ziri ku Isi.

29117978720_0484a9615f_z

Amwe mu mazina yiswe aba bana b’Ingagi harimo: iyiswe Umuhate, Ireme, Icyemezo, Ukwiyunga (Izina Itsinda rya Urban Boys ryise umwe mu bana b’Ingagi), Tunganirwa, Ingemwe, Umwiza, Ndizihiwe, Ndumunyarwanda, Mashami, Igikombe (Award) , Hobe, Incungu n’andi…

CpgRHJzXEAAd7fg

Mu ijambo rye, perezida wa Repubulika yabanje gushimira abaje kwifatanya n’Abanyarwanda muri uyu muhango wo Kwita Izina 2016, akomeza avuga ko bataje kwita izina abana b’Ingagi gusa, ahubwo ko binatwibutsa inshingano zo kubungabunga umurage wacu.

gf

pk

Perezida wa repubulika kandi yavuze ko kubungabunga ibidukikije ntaho bitaniye no kubungabunga imibereho myiza y’abaturage. Yakomeje agira ati: “Aho tugeze harashimishije kandi ibyo dukora turabikora bigashoboka kubera ko dufatanyije”.

Yongeyeho ko ibi atari leta igomba kubishyiramo imbaraga yonyine ahubwo n’abaturage n’abikorera bagomba kubigiramo uruhare.

29326890741_68aa57e53f_z

Perezida Kagame kandi yavuze ko abaturage baturiye pariki bagira n’uruhare mu kuyibungabunga ari bo bakwiye nabo kubona inyungu y’ibiva mu bukerarugendo. Yagize ati: “Uko ibiva muri iyi Pariki y’Ibirunga , ibiva mu Ngagi bigenda byiyongera, niko namwe ibibageraho bizagenda byiyongera.”

Umukuru w’igihugu kandi yashimiye abanya Kinigi avuga ko ari abakozi, abizeza kuzagaruka kubasura.

29119537450_eb9ea3abdb_z
Francis Gatare, Umuyobozi Mukuru wa RDB

Francis Gatare, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, yavuze ko umutungo ukomoka ku bukerarugendo ukomeje kugenda wiyongera, aho umwaka ushize wonyine amafaranga arenga miliyoni 300 z’Amadolari y’Abanyamerika yinjiye mu gihugu bikomotse ku bukungu bw’ubukerarugendo.

Yakomeje avuga ko hari akamaro byagiye bigirira abaturage cyane cyane abatuye ku mbibi za pariki zitandukanye.

Agashya twavuga kagaragaye kuri iyi nshuro ya 12 yo Kwita Izina, ni uko mu bana b’ingagi biswe amazina harimo n’abana babiri b’Ingagi b’impanga bitiwe amazina rimwe.

Andi mafoto:

28784380263_b38e746095_z (1)

28786174603_5075a06fda_z

29326810481_1f96862de6_z

29326604871_22e3186488_z

28781924844_e1c79b3ea4_z

29297810352_1dda320d27_z

28786172343_5ec17c86cf_z

29406283235_5158fd26cf_z

29406322975_23e0378fe2_z

28781819914_e46b3c8bd7_z

29407965705_6d5a768fd6_z

29406298875_42ecc7036a_z

28784403243_8a6eca20c4_z 28784633053_41fcc5a14c_z 29407974535_94c4e56918_z lk

Amafoto: Village Urugwiro

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *