000_9VN3M9

Tunisia: Uwahoze ari minisitiri w’ubutabera yakatiwe imyaka 20 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Noureddine Bhiri, umuntu wo ku rwego rwo hejuru mu ishyaka rya Ennahda, igifungo cy’imyaka 20 mu rubanza aregwamo “korohereza kubona pasiporo n’inyandiko z’ubwenegihugu abanyamahanga” nk’uko ibitangazamakuru bya leta bibitangaza.

Uru rubanza rushingiye ku birego byo “guhimba pasiporo n’inyandiko z’ubwenegihugu byahawe abanyamahanga bashakishwaga mu manza zifitanye isano n’iterabwoba” mu gihe Bhiri yari minisitiri w’ubutabera mu mwaka wa 2012. Bhiri n’itsinda ry’abamwunganira bahakanye bivuye inyuma ibyo birego.

Bhiri usanzwe muri gereza, yakatiwe ku itariki ya 19 Mata 2025, igifungo cy’imyaka 43 mu rubanza rutandukanye rujyanye n’umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Tunisia, byatangaje ko amakuru bikesha umwe mu bakora mu bucamanza utavuzwe amazina, avuga ko urugereko rw’inshinjabyaha ruzobereye mu manza z’iterabwoba mu Rukiko rw’Ibanze rwa Tunis rwatanze ibihano by’igifungo kuva ku myaka 11 kugeza kuri 30 kuri Bhiri n’abandi bareganwa mu rubanza rwiswe “pasiporo mpimbano n’ubwenegihugu”.

Amakuru avuga ko Bhiri n’uwahoze ari umuyobozi w’umutekano, Fathi Al-Baladi, buri wese yakatiwe imyaka 20 y’igifungo.

Urukiko rwahaye kandi igihano cy’igifungo cy’imyaka 30, badahari, Moaz Kheriji, umuhungu w’Umuyobozi w’ishyaka Ennahda, Rached Ghannouchi, hamwe n’abandi bareganwa batatu batavuzwe amazina bivugwa ko bahunze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *