Muri Senegal, Ousmane Sonko wahoze ari Minisitiri w’intebe, wirukanwe kuri uyu mwanya ku itariki ya 22 Gicurasi, yatorewe kuba perezida w’inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, ku majwi 132 kuri 133, mu gihe utamutoye yifashe.
Amatora yabaye mu gihe abayoboke batavuga rumwe n’ubutegetsi bagera kuri mirongo itatu bamagana kugaruka kwe mu nteko nk’umudepite.
Sonko asimbuye Malick Ndiaye weguye ku itariki ya 24 Gicurasi, ahita atangira imirimo ye nk’uko inkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga.
Ibi birerekana impinduka zikomeye cyane mu nzego zo hejuru za Leta ya Senegal, nyuma y’ishyirwaho rya Ahmadou Al Aminou Mohamed Lô nka minisitiri w’intebe mushya ku itariki ya 25 Gicurasi.


