Iran yatangaje ko yagabye igitero ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, ivuga ko cyari igisubizo ku bitero bya Amerika biherutse kugabwa ku bikorwa bya gisirikare byayo hafi y’icyambu cya Bandar Abbas no mu muhora wa Hormuz.
Umutwe w’ingabo zirinda ubutegetsi bwa Iran, IRGC, wavuze ko igitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane saa kumi n’imwe n’iminota 50 zo muri Iran, ariko ntiwahise utangaza neza aho icyo kigo cya Amerika giherereye.
IRGC yavuze ko Amerika niramuka ikomeje “ubushotoranyi”, izahabwa igisubizo “kirenzeho”.
Mbere y’ibi, Iran yari yashinje Amerika kurenga ku masezerano y’agahenge yari amaze igihe gito atangiye kubahirizwa hagati y’impande zihanganye muri aka karere.
Amerika yari yagabye ibitero ku kigo cya gisirikare cya Iran ndetse inarasa drone enye zari hafi ya Hormuz, ivuga ko zari ziteje ikibazo ku ngabo zayo no ku bwikorezi bwo mu nyanja.
Amakuru atandukanye kandi avuga ko Iran yarashe missile n’indege nto zitagira abapilote zerekeza ku birindiro bya Amerika muri Kuwait, gusa ubwirinzi bwa Kuwait n’ingabo za Amerika bikaziburizamo mbere y’uko zigera ku ntego.
Kuwait yamaganye icyo gitero, ivuga ko cyabangamiye umutekano wayo n’ubusugire bw’igihugu.
Uku gukozanyaho hagati ya Iran na Amerika kubaye mu gihe ibiganiro byo kugerageza guhagarika intambara bimaze amezi bikorwa i Doha muri Qatar bikomeje kugenda biguru ntege.
Perezida Donald Trump aherutse kuvuga ko Amerika izakomeza kurinda inyungu zayo n’ikorwa ry’ubucuruzi bunyura mu muhora wa Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku Isi.
Intambara hagati ya Iran, Amerika na Israel yatangiye gukaza umurego kuva muri Gashyantare 2026, aho impande zombi zakomeje kugabana ibitero bya missile, drones n’indege z’intambara, ibintu byatumye umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati urushaho kuzamba.


