Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare bitwaye neza mu irushanwa ritangiza umwaka w’imikino muri Afurika “La Tropicale Amissa Bongo 2016”.
Iri siganwa ribera muri Gabon ryatangiye taliki 18 risozwa taliki 24 Mutarama 2016. U Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi 6 ari bo Hadi Janvier, Bintunimana Emile, Byukusenge Patrick, Uwizeye Jean Claude, Areruya Joseph na Hakuzimana Camera.

Abakinnyi 83 bari mu makipe 14 ni bo batangiye isiganwa gusa nyuma yo gusiganwa intera 7 zingana n’ibilometero 778, abakinnyi 74 ni bo babashije gusoza. Mu bakinnyi 9 batasoje harimo n’umukinnyi w’u Rwanda , Bintunimana Emile.
“ La Tropicale Amissa Bongo 2016” yegukanwe n’umufaransa Petit Adrien ukinira ikipe ya Direct Energie mu Bufaransa aho mu bilometero 778 yakoresheje amasaha 18, iminota 11 n’amasegonda 50.
Yakurikiwe n’umutaliyani Palini Andreas, ku mwanya wa 3 haza umufaransa Delaplace Anthony. Umunyafurika ni Okubamariam Tesfom waje hafi yabaye uwa 4 akaba akomoka muri Eritrea.
Mu bakinnyi b’u Rwanda, Uwizeye ni we waje hafi ku mwanya wa 15 aho yakoresheje amasaha 18, iminota 13 n’amasegonda 28,abandi ni Hakuzimana Camera (25), Byukusenge Patrick (36), Hadi Janvier (51) na Areruya Joseph (63).
N’ubwo atakiniye u Rwanda, Nsengimana Jean Bosco yabaye uwa 25 gusa yakiniraga ikipe ya Stradalli Bike Aid yo mu Budage agiye kujya akinira nk’uwabigize umwuga.
Bimwe mu bihembo abakinnyi b’u Rwanda babonye
Areruya Joseph wabashije kuza ku mwanya wa 2 mu ntera ya 4 yavaga Oyem igera Ambam, yasoje ariwe ufite umwambaro uhabwa umukinnyi uhatana cyane “Combativite”.
Areruya kandi mu barusha abandi kuzamuka mu misozi “Meilleur Grimpeur” yaje ku mwanya wa 4 inyuma ya Debretsion Aron wo muri Eritrea waje ku mwanya wa mbere na Byukusenge Patrick wabaye uwa kabiri. Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bagarutse mu Rwanda ejo hashize taliki 25 Mutarama 2016.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Kizito@bwiza.com


