Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ko habaho impinduka ku masezerano hagati ya Amerika na Iran agamije kurangiza imirwano yatangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Impinduka zijyanye n’Umuhora wa Hormuz n’ikurwaho ry’amabuye y’agaciro ya uranium, nk’uko CBS News, igitangazamakuru gikorana na BBC muri Amerika kibitangaza.
Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, ntacyo byasubije ku busabe bwa BBC bwo gutanga ibisobanuro.
Umuvugizi mukuru wa Leta ya Iran, yavuze ku Cyumweru ko Tehran itazemera amasezerano ayo ari yo yose keretse uburenganzira bwa Iran bwujujwe byuzuye.
Perezida Trump n’abafasha be bakuru bahuye kuwa Gatanu kugira ngo bafate “umwanzuro wa nyuma” ku bijyanye no kongera igihe cyo guhagarika imirwano na Iran, ariko inama yarangiye ntacyo bumvikanye ku ntambwe zikurikiraho.
Ayo masezerano, yatangajwe bwa mbere na Axios ku wa Gatandatu, arimo guhagarika intambara mu gihe cy’iminsi 60, gusaba ko Umuhora wa Hormuz wongera gufungura ndetse no gushyirwaho urwego rwo kongera gufungura ibiganiro ku bijyanye na gahunda ya nikeleyeri ya Iran, nk’uko bivugwa na CBSnews.
Mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bikomeje, bivugwa ko amasezerano ashobora kugabanya ibihano kuri Iran bigatuma ibona imitungo yafatiriwe ya miliyari z’amadolari.
Abayobozi ba Amerika kuwa Kane bavuze ko ibihugu byombi byemeje amasezerano y’ubwumvikane mu gihe hagitegerejwe ko Trump n’ubuyobozi bwa Iran bayemeza.


