20260603_085950_copy_960x696

Kinshasa: Ubuzima bwahagaze kubera umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegeko nshinga 

Sangiza iyi nkuru

Ubuzima bwahagaze mu Mujyi wa Kinshasa kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena, nyuma y’umuhamagaro wa “ville morte” watanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, mu rwego rwo kwamagana umugambi bavuga ko ushobora gutuma ahindura Itegeko Nshinga akaziyamamariza indi manda.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari basabye abaturage kutagira igikorwa na kimwe bakora kuri uyu munsi, birinda kujya ku kazi, ku masoko, mu mashuri no mu zindi gahunda za buri munsi, mu rwego rwo kugaragaza ko batishimiye icyerekezo igihugu kirimo gufata.

Amashusho n’amakuru ari gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko mu bice bitandukanye bya Kinshasa imihanda isigaye yambukwamo n’ibinyabiziga bike cyane, birimo imodoka na moto, mu gihe abaturage benshi bagumye mu ngo zabo.

Ayo mashusho kandi agaragaza amaduka, amasoko, amashuri n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi n’imirimo bisanzwe biranga umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bifunze imiryango.

Iyi “ville morte” ije mu gihe hakomeje impaka zikomeye muri RDC ku bijyanye n’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja Perezida Tshisekedi gushaka inzira zamufasha gukomeza kuyobora igihugu nyuma ya manda ebyiri ziteganywa n’itegeko ririho, mu gihe ubutegetsi bwe bukomeje guca amarenga y’uko byanga bikunze rigomba guhinduka.

Biteganyijwe ko ibikorwa byinshi bikomeza guhagarara umunsi wose kuri uyu wa Gatatu, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ari uburyo bwo gushyira igitutu ku butegetsi kugira ngo bureke umugambi uwo ari wo wose wo guhindura Itegeko Nshinga hagamijwe kongera manda z’umukuru w’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *