Igisirikare cya Israel kiravuga ko cyagabye ibitero ku bitero ku bikorwa bya gisirikare mu burengerazuba no hagati muri Iran, nyuma yo kuburira ko bazihorera ku gitero cya mbere cya Iran cyagabwe kuri Israel kuva muri Mata.
Nk’uko ibitangazamakuru byinshi bibitangaza, ngo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yabanje gusaba Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kutihorera ku bitero bya Iran. Fox News yatangaje ko mbere Trump yari yabwiye na Iran ati “ibyo birahagije”.
Igisirikare gishinzwe Kurinda Impinduramatwara ya Kisilamu muri Iran (IRGC) kivuga ko imvura ya misile zarashwe mu majyaruguru ya Israel ari “intangiriro y’icyumweru cyose cy’ibitero bizakomeza.”
Ku rundi ruhande ariko, bavuga ko missile nyinshi zarashwe na Iran kuri Israel zasamiwe mu kirere.
Ku Cyumweru, Israel yavuze ko yagabye ibitero kuri Hezbollah mu majyepfo ya Beirut, bituma Iran ikangisha gusubiza yihanukiriye.


