Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gutandukana n’abakinnyi bayo barindwi barangajwe imbere na rutahizamu Byiringiro Lague.
Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yatandukanye n’abakinnyi barimo Ani Elijah, David Chimezie, Henry Msanga, Richard Kilongozi, Allan Katerega na Lague Byiringiro.
Aba biyongeraho umunya-Ghana Issa Yakubu.
Police FC yashimiye aba bakinnyi mu gihe bamaranye, inabifuriza amahirwe masa ku handi bazerekeza.
Iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda yatandukanye na bariya bakinnyi nyuma yo kunanirwa kuyifasha kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino.
Iyi kipe yarangije shampiyona ku mwanya wa kane, mu gihe yatangiye shampiyona iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana igikombe.
Iyi kipe kandi yananiwe kwitwara neza mu Gikombe cy’Amahoro kuko yasezerewe na Rayon Sports muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro.


