Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ushize, byibuze abantu 12 barapfuye abandi icyenda barakomereka ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga mu gace gatuwe cyane n’abakene muri Cleveland, mu burasirazuba bwa Johannesburg, nk’uko byatangajwe na polisi ku wa Gatatu.
Polisi mu itangazo ryayo yatangaje ko batangiye guhiga abantu barenga 10 bakekwa nyuma y’igitero cyagabwe mu gace ka Jumpers.
Abagize itsinda rishinzwe gusuzuma ibimenyetso ahakorewe ibyaha bageze aho byabereye nyuma nk’uko abapolisi bavuga , abantu bitwaje imbunda bagabye igitero muri Cleveland, i Johannesburg, ku itariki ya 10 Kamena 2026.

Impamvu ‌y’iki gitero ntabwo izwi. Polisi yavuze ko abakekwa bahageze muri Toyota Quantum yera, binjira baturutse mu byerekezo bibiri maze barasa ahantu henshi mbere yo guhunga bakoresheje iyo modoka.
Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bikorerwamo ubwicanyi bukabije ku Isi, aho byibuze abantu 60 bicwa ku munsi.


